Etincelles FC yirukanye Masudi Djuma n’abungiriza be

1 minute, 3 seconds Read

Etincelles FC yirukanye Umutoza Masudi Djuma n’abungiriza be kubera umusaruro muke, ikipe isigaranwa na Bizimana Abdou unzwi nka Bekeni usanzwe ushinzwe tekinike muriyikipe.

Masudi Djuma ni umwe mu batoza batari borohewe muri Shampiyona y’u Rwanda nyuma y’uko ikipe ye yasoje imikino ibanza iri ku mwanya wa nyuma, ifite amanota 11 mu mikino 17 ndetse mu mukino w’Umunsi wa 18 ikaba yaratsinzwe na Mukura VS igitego 1-0.

Uyu mutoza w’Umurundi yageze muri Etincelles FC hagati mu Ukuboza, asanga iyi kipe imaze gukina imikino ibiri yatojwe na Lomami Marcel wari Umutoza Wungirije, ariko nyuma yaje kujya muri Rayon Sports.

Gutsindwa na Mukura VS ku wa Gatandatu byatumye ubuyobozi bwa Etincelles FC buhagarika Masudi n’abungiriza be bose kugira ngo bubanze busuzume ikibazo kiri gutera umusaruro muke.

Si ubwa mbere Bekeni agiye gutoza Etincelles FC avuga ko se yagize uruhare mu ishingwa ryayo. Yaherukaga kuyitoza muri Werurwe 2022 nyuma yo gusimbura Umwongereza Calum Shaun wari wamusimbuye mu 2020.

Etincelles FC izasubira mu kibuga ku wa Gatandatu, tariki ya 7 Gashyantare 2026, yakira Musanze FC mu mukino w’Umunsi wa 19 wa Rwanda Premier League.

Ku isoko rya Mutarama, iyi kipe yarekuye abakinnyi babiri b’Abanya-Uganda, yinjizamo abandi banyamabanga batatu ari bo Umunya-Cameroun Assana Nah Innocent wahoze muri Rayon Sports, Mwinyi Lody Rodrigue w’Umunye-Congo na Nimaga Yacouba w’Umunya-Mali.

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *