Carmen Menayo Montero na María Dolores Gallardo Núñez bakunze kwita Lola bakinira Atlético de Madrid y’Abagore yo muri Espagne bari mu biruhuko mu Rwanda.
Kuva u Rwanda rwatangira kugirana imikoranire na Atlético de Madrid, abakinnyi bayo barimo abo mu ikipe y’abagabo, iy’abagore, abakanyujijeho n’abatoza basura u Rwand ku mpamvu z’akazi no kwirebera ibyiza nyaburanga birutatse.
Ni muri urwo rwego aba bakinnyi bageze mu Rwanda kugira ngo basure ibice bitandukanye, aho ku munsi wa mbere w’urugendo rwabo basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, bunamira inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Nk’uko bigaragara ku mbuga za Atlético de Madrid, aba bakinnyi bakomereje mu Karere ka Nyanza, ahazwi nko mu Rukali, basobanurirwa amateka y’u Rwanda rwo hambere n’uko Abami barwo babagaho, banerekwa inka z’inyambo zifite umwihariko mu mateka y’u Rwanda.
Urugendo rwabo rwakomereje ku Kiyaga cya Kivu, aho bagiye mu bwato bumva umuyaga mwiza wo muri iki kiyaga gikunze gukurura ba murerugendo bagana u Rwanda.
Aba bakinnyi babiri kandi basuye Pariki y’Ibirunga iri mu Karere ka Musanze kugira ngo birebere imbonankubone ingagi ziboneka hake ku Isi.
María Dolores Gallardo Núñez bakunze kwita Lola, yavutse ku wa 10 Kamena 1993, ni umunyezamu ukomoka muri Espagne, ukinira Atlético Madrid Femenino n’ikipe y’igihugu ya Espagne y’abagore. Yatangiye umwuga we muri Sevilla FC Femenino, akomereza muri Sporting de Huelva Femenino mbere yo kugera muri Atlético Madrid mu 2012. Mu 2020 yasinyiye Olympique Lyonnais Féminin amasezerano y’imyaka ibiri.
Mu 2010 yabaye umukinnyi mwiza wa UEFA Women’s Under-17 Championship ndetse n’umunyezamu mwiza mu Gikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 17. Yitabiriye UEFA Women’s Euro 2013, 2015 FIFA Women’s World Cup, 2019 FIFA Women’s World Cup na UEFA Women’s Euro 2022.
Yegukanye ibikombe bya shampiyona ya Espagne inshuro eshatu na Atlético Madrid ndetse anatwara UEFA Women’s Champions League ari muri Lyon. Mu buzima bwe bwite, yashakanye na Cristina Vicente ku wa 12 Kamena 2025.
Carmen Menayo Montero ufite imyaka 27 wavutse ku wa 14 Mata 1998 ni umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umunyamwuga ukomoka muri Espagne, ukina nka myugariro wo hagati mu ikipe ya Atlético Madrid Femenino ikina muri Liga F.
Uretse gukina nka myugariro wo hagati, yanakinnye ku ruhande rw’ibumoso nka myugariro w’ibumoso, ndetse rimwe na rimwe akina nk’umu winger cyangwa nka rutahizamu.
Ku rwego mpuzamahanga, yakinnye imikino irenga 50 mu makipe y’abato y’ikipe y’igihugu ya Espagne.


