APR BBC yigabije Patriots BBC mu mukino wa mbere wa nyuma za Shampiyona ya Basketball mu Rwanda

author
1 minute, 11 seconds Read

Ikipe ya APR BBC isanzwe ari yo ifite igikombe cya Shampiyona ya Basketball mu Rwanda yatangiye neza imikino ya nyuma ya shampiyona ya 2026, itsinda Patriots BBC amanota 117-91 mu mukino wabaye ku wa Kabiri, tariki ya 18 Kanama 2026, muri BK Arena.

Umunyamerika Craig Randall II ni we wabaye umukinnyi wigaragaje cyane muri uyu mukino nyuma yo gutsinda amanota 40, afasha APR BBC gufata umwanya mwiza muri uru rukurikirane rw’imikino irindwi bita Best of Seven, aho yahise iyobora n’umukino umwe ku busa.

Ikipe ya APR BBC, itozwa na James Maye Jr., yatangiye umukino yihagazeho kuva ku munota wa mbere, iyobora agace ka mbere ku manota 35-21. Yakomeje kwerekana imbaraga mu gace ka kabiri, itsinda amanota 29 kuri 17 ya Patriots BBC, bituma igice cya mbere kirangira APR iyoboye n’amanota 64-38.

Mu gace ka gatatu, APR yakomeje kongera ikinyuranyo, itsinda amanota 33 kuri 23 ya Patriots BBC, bituma umukino uba nk’uwarangiye. Nubwo Patriots yitwaye neza mu gace ka nyuma, ikahatsindira amanota 30 kuri 20 ya APR, ntibyabashije kuyifasha kugabanya ikinyuranyo.

Usibye amanota 40 ya Craig Randall II, Dieudonné Ndizeye yongeyeho amanota 17, mu gihe Adonis Filer yatsinze amanota 16.

Ku ruhande rwa Patriots BBC, Sage Kwizera yatsinze amanota 17 anakora rebounds eshanu, mu gihe Umunyanijeriya Chingka Kennedy Garba yatsinze amanota 17 anakora rebounds 12.

Iyi ntsinzi yahaye APR BBC intangiriro nziza mu rugendo rwo gushaka kongera kwegukana igikombe cya shampiyona. Umukino wa kabiri hagati y’aya makipe yombi azwiho guhangana cyane muri basketball nyarwanda uteganyijwe ku wa Kane, tariki ya 20 Kanama 2026, muri BK Arena.

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *