Kiyovu Sports yanditse amateka mashya nyuma yo gutsinda Police FC igitego 1-0, ikegukana igikombe cya FERWAFA Turbo King Super Cup 2026 ku Cyumweru, tariki ya 30 Kanama 2026, isoza imyaka 33 yari imaze ntagikombe gikomeye itwara.
Igitego rukumbi cyabonetse muri uyu mukino cyatsinzwe na Khamis, wari uri gukina umukino we wa mbere. Iki gitego cyabonetse mu minota ya nyuma, gituma abafana ba Kiyovu Sports, izwi nka Urucaca cyangwa Green Army, basubirana ibyishimo bari bamaze imyaka myinshi bategereje.
Kiyovu Sports yari yitwaye neza mu bice byinshi by’umukino, ikabona amahirwe menshi kurusha Police FC, ariko ubwugarizi bw’iyi kipe y’abashinzwe umutekano wakomeje kuba imbogamizi.
Mu gihe umukino wari ugeze mu minota ya nyuma, Khamis yabashije kubona igitego cy’intsinzi, ahita atuma sitade yose yuzura ibyishimo bikomeye ku ruhande rw’abakunzi ba Kiyovu. Ku ifirimbi ya nyuma, bamwe mu bafana bagaragaje amarangamutima akomeye, abandi bakomeza gusakuza bishimira iki gitego cyabagejeje ku gikombe.
Irushanwa rya Super Cup 2026 ryakinwe mu buryo bushya burimo amakipe ane, nyuma y’uko APR FC ititabiriye imiterere nshya y’iri rushanwa, Mukura Victory Sports & Loisirs ikaza kuyisimbura.
Muri 1/2, tariki ya 27 Kanama 2026 kuri Kigali Pelé Stadium, Kiyovu Sports yasezereye Mukura VS&L iyitsinze igitego 1-0.
Ku rundi ruhande, Police FC yabonye itike yo gukina umukino wa nyuma nyuma yo kunganya 0-0 na Rayon Sports, mbere yo kuyitsinda kuri penaliti 4-2.
Police FC yari yinjiye muri uyu mukino ifite icyizere, nyuma yo kwerekana ubudahangarwa n’ubwugarizi bukomeye mu mikino yari iherutse gukina. Nyamara, Kiyovu Sports yabashije gukoresha rimwe mu mahirwe yayo mu minota ya nyuma, bituma itwara intsinzi.
Iki gikombe gifite agaciro gakomeye cyane kuri Kiyovu Sports, kuko yari imaze imyaka 33 idatwara igikombe gikomeye.
Igikombe gikomeye cya nyuma Kiyovu Sports yari yarabonye cyari shampiyona yo mu 1993. Iyi kipe iri mu zikomeye kandi zifite amateka akomeye mu mupira w’amaguru w’u Rwanda, yegukanye shampiyona inshuro zirindwi, harimo mu 1968/69, 1970/71, 1983, 1990, 1992 na 1993.
Kiyovu Sports kandi yegukanye Igikombe cy’Amahoro inshuro ebyiri, mu 1975 no mu 1985.
Nubwo iyi kipe yigeze kugira ibihe bikomeye birimo no kumanuka mu cyiciro cya kabiri mu 2017, yakomeje kuba imwe mu makipe akunzwe cyane kandi afite amateka akomeye mu Rwanda.
Intsinzi yo kuri iki Cyumweru ni igikombe cya mbere gikomeye Kiyovu Sports yegukanye muri iki kinyejana, ndetse ibaye intangiriro nziza y’umwaka w’imikino wa 2026/27.
Uretse igikombe, Kiyovu Sports yanegukanye miliyoni 40 Frw, amafaranga y’ibihembo yashyizwe ku rwego rwo hejuru muri iri rushanwa.
Ikipe yabaye iya kabiri, Police FC, yabonye miliyoni 20 Frw.
Aya mafaranga yikubye kabiri ugereranyije n’ibihembo byari byatanzwe mu mwaka wabanje, ibintu bigaragaza uburyo FERWAFA na Turbo King bashaka kongera agaciro n’uburemere bwa Super Cup.
Ku Kiyovu Sports, aya mafaranga ashobora kuba umusingi mwiza wo gukomeza kubaka ikipe ikomeye no kwinjira muri shampiyona ya 2026/27 ifite icyizere gishya.
Ku Kiyovu Sports n’abafana bayo, tariki ya 30 Kanama 2026 izakomeza kwibukwa nk’umunsi Urucaca rwongeye kuzamura igikombe gikomeye nyuma y’imyaka 33 ntagikombe
