Mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano, yateranye kuva kuri uyu wa kane ,iteranye ku nshuro yayo ya 20, imibare yagaragaje ko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse bukagera ku 8.9% buvuye ku 8.2% mu mwaka wa 2024 -2025 . Byatangajwe Minisitiri w’Intebe Dr Justin NSENGIYUMVA ubwo yagarukaga kubyagezweho.Ni mugihe imibare igaragza ko ubukungu bwakomeje kuzamuka kumpuzandengo ya 8.7%. Minisitiri […]
Urubuga rwa Leta y’u Rwanda rutanga serivisi hifashishijwe ikoranabuhanga, Irembo, rwegukanye igihembo cya Best Government Service in the World mu marushanwa ya GovTech Prize 2026, gihabwa serivisi za Leta zikoresha ikoranabuhanga neza kurusha izindi ku Isi. Icyo gihembo cyatangiwe mu Nama Mpuzamahanga ya za Guverinoma (World Government Summit) yabereye i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe […]
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko abayobozi bahabwa ibyangombwa n’amikoro yo gukorera abaturage bagomba kubahiriza inshingano zabo, kandi uwabirenzeho akabibazwa, byaba ngombwa akaryozwa ibyo yakoze. Yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki ya 05 Gashyantare 2026, ubwo yatangizaga ku mugaragaro Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ku nshuro ya 20 yabereye muri Kigali Convention Center. Iyi nama yitabiriwe […]
Abakozi batatu bakoreraga Akarere ka Rubavu banditse amabaruwa basezera ku mirimo yabo, barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge, uw’Akagari n’umukozi w’urwego rushinzwe umutekano rwa DASSO. Abo bakozi ni Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyundo, Nyaransengiyumva Monique, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Terimbere, Mujawase Annualite, ndetse n’Umuhuzabikorwa wa DASSO mu Murenge wa Bugeshi, Dushimire Donatien. Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa […]
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) cyatangaje ko kiri gusuzuma uburyo mu gihe kiri imbere n’abahungu bashobora kujya bakingirwa virusi ya HPV, mu rwego rwo kugabanya ikwirakwira ryayo mu baturage. HPV ni virusi izwiho gutera kanseri y’inkondo y’umura ku bakobwa n’abagore, kandi yandurira cyane mu mibonano mpuzabitsina. RBC igaragaza ko kanseri y’inkondo y’umura ari imwe mu […]
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yiteguye kwakirana ubwuzu Inama ya 66 y’Ihuriro Mpuzamahanga ryita ku itegurwa ry’Inama (ICCA), izabera i Kigali kuva ku itariki ya 24 kugeza ku ya 27 Ukwakira 2027. Iyi nama ifatwa nk’iy’amateka ku Mugabane wa Afurika, kuko izaba ibereye kuri uyu mugabane ku nshuro ya mbere nyuma y’imyaka 20, aho iheruka […]
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko igihugu cye cyemeranyije n’u Buhinde ku masezerano mashya y’ubucuruzi agamije kongera imikoranire mu by’ubukungu n’ingufu. Aya masezerano ateganya ko Amerika igabanya imisoro yari yarashyizwe ku bicuruzwa bituruka mu Buhinde, ikava kuri 25% ikagera kuri 18% ngo kubera bwahagaritse kugura Peteroli y’u Burusiya.. Iri gabanyuka […]
Abantu batatu bo mu Kagari ka Murama, Umurenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango, bitabye Imana bivugwa ko bazize inzoga , mu gihe undi basangiraga inzoga arimo kwitabwaho n’abaganga mu Bitaro bya Gitwe. Abaturage bo muri ako gace bavuga ko abo bantu bapfuye bikekwa ko bazize inzoga z’inkorano bari basangiye, ariko ubuyobozi bwo buvuga ko […]
Mu Karere ka Gomba, mu Mudugudu wa Saali, havuzwe inkuru yateje amatsiko n’impaka mu baturage nyuma y’uko umwana w’umuhungu yavutse ku wa Mbere tariki ya 2 Gashyantare 2026, bikavugwa ko yavutse afashe umudali w’idini rya Gatolika ugaragaza Mutagatifu Antuwani wa Padua atwaye Umwana Yezu mu kiganza cye. Ababyeyi b’uyu mwana bavuze ko byabateye gutungurwa bikomeye, […]
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagaragaje ko adasobanukiwe uburyo abantu babiri bashakanye bananiranwa kubana kugeza aho batandukanye, ashimangira ko abashakanye bakwiye kwihanganirana, anaha abanyamadini umukoro wo gushaka igisubizo kirambye ku bibazo byugarije imiryango. Yabigarutseho kuri uyu wa 1 Gashyantare 2026, ubwo yitabiraga amasengesho yo gusengera Igihugu no gushima Imana (National Prayer Breakfast) ategurwa n’Umuryango Rwanda […]
