Ibere rya Bigogwe riri ahitwa mu Bigogwe, mu Ntara y’Uburengerazuba,Akarere ka Rubavu, Umurenge wa Kanzenze, Akagari ka Nyamirango,Umudugudu wa Marero. Ni ahantu ndangamurage kamere. Iyo uri mu muhanda munini wa kaburimbouva i Kigali ujya i Rubavu, Ibere rya Bigogwe uribona mu kuboko kw’ibumosoukirenga Umurenge wa Bigogwe mu Karere ka Nyabihu. Ni agasozi kagizwen‘igice kinini cy’urutare […]
Iyo nzu yubatswe ku bw’Abadage iri mu hahoze ari u Bugoyi. Ubu ni mu Ntaray’Uburengerazuba, Akarere ka Rubavu, Umurenge wa Gisenyi, Akagari kaNengo, Umudugudu wa Nyaburanga. Muri iki gihe, ikoreramo ishami ryaraboratwari y’ubuvuzi bw’amatungo (Laboratoire Véterinaire) ya RAB (RwandaAgricultural Board) rishinzwe Intara y’Uburengerazuba. Ku gihe cy’Abadage, iyo nzu n’ubundi yubatswe hagamijwe gutangiramoserivisi zitandukanye zijyanye n’ubuvuzi […]
I Mwima ni ahantu ndangamurage h’amateka. Ni mu hahoze ari Nduga. Ubuni mu Mudugudu wa Mwima, Akagari ka Rwesero, Umurenge waBusasamana, Akarere ka Nyanza, mu Ntara y’Amajyepfo. Hazwi cyane kubera ko hatabarijwe Umwami Mutara III Rudahigwa nyumay’aho atangiye i Bujumbura tariki ya 25/07/1959. Abiru bari bifuje koatabarizwa i Rutare mu Karere ka Gicumbi y’ubungubu, nk’uko […]
Ikindi kimenyetso cy’amateka ya Astrida kigaragara ubu ni Kiriziya Katedarariya Butare (Cathédrale de Butare) yubatswe mu wa 1934. Iyi kiriziya yitwa OurLady of Wisdom / Cathédrale Notre-Dame de la Sagesse ni yo nini mu Rwanda. Yitiriwe Umwamikazi w’Ababirigi witwaga Astrid watanze ku wa 29 Kanama1935 azize impanuka y’imodoka kugira ngo ibe urwibutso rwe. Mu wa […]
Amateka avuga uko igihingwa cya kawa cyatangiye guhingwa mu Rwanda,yanditswe n’Ikigo cy’Ubuyapani Gishinzwe Ububanyi n’Amahanga « JapanInternational Cooperation Agency: JICA” mu nyandiko yacyo « The socioeconomic impact of Rwandan indigenous coffee variety (Bourbon Mibirizi)”yakozwe n’umushakashatsi Maurice Mugabowagahunde mu wa 2016. Iyo nyandiko ivuga ko abamisiyoneri ari bo badukanye kawa mu Rwanda,bayihinga i Mibirizi mu wa […]
Nubwo Astrida yari irimo imihanda, yose yari imihanda y’igitaka. Kugeza igihe u Rwanda rwaboneye ubwigenge, igice cy’umuhanda wari urimo kaburimbo cyavaga kuri Hotel Faucon kikagera hafi y’ibiro bya teritwari.. Ubu ni kuri CASA Hotel. Ku nkengero z’uwo muhanda ni ho abazungu bari batuye. Urusisiro rw’amazu bari batuyemo rwaheraga imbere y’ibiro bya teritwari –ahari resitora y’Abashinwa […]
Ruhimandyarya, hazwi nk’ Urutare rw’Abarundi, ni urutare runini kandi rurerure ruhanamiye umugezi wa Nyakabuye uherereye mu majyepfo y’uburengerazuba bw’u Rwanda ahahoze ari mu Bukunzi. Muri iki gihe urwo rutare ruherereye mu Mudugudu wa Gasebeya mu Kagari ka Gaseke, mu Murenge wa Nyakabuye, mu Karere ka Rusizi mu Ntara y’Uburengerazuba. Uretse ko ubu abaturage baho bahimutse […]
Mu natara y’amajyepfo y’ u Rwanda , Akarere ka Ruhango, Umurenge wa Bweramana, Akagari ka Murama, Mudugudu wa Karambo, ni ho uyu musozi wa Gitwe uherereye, Mu Rwanda rwo hambere uwo musozi wari mu Kabagari. Gitwe yamenyekanye cyane kubera ko ari ho itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi mu Rwanda ryatangiriye. Izina Gitwe ubwaryo rifite imvano. […]
Turi mu ntara y’uburengerazuba, niba ukunda gukurikira amateka wigeze wumva bavuga cyangwa se wabonye urutare rwa Ndaba, hamwe mu hantu h’amateka tugira mu Rwanda hafite n’icyo hasobanuye ku muco w’abanyarwanda. Urutare rwa Ndaba ruherereye mu Mudugudu wa Rusebeya, Akagari ka Gitwa, mu Murenge wa Rubengera, mu Karere ka Karongi, mu Ntara y’Uburengerazuba. Ni urutare rurerure […]
Astrida ni imwe muri teritwari (Territoires) icyenda zari zigize u Rwanda mugihe cy’ubukoroni bw’Ababirigi. Mu wa 1916 ubwo Ababirigi batangiragagutegeka u Rwanda, teritwari zari enye, nyuma zigenda ziyongera kugezatariki ya 25/01/1960 ubwo teritwari zahindukaga perefegitura. Izina Astrida ryazanywe n’Ababirigi rikomotse ku mwamikazi wabo witwagaAstrid Sofia Lovisa Thyra, umugore wa Léopold III, umwami w’ Ababirigi.Léopold III […]
