author

KillaMan na Mitsutsu ntibazongera gukorana kubera umukobwa

“Ugende ukore ibyawe natwe dukore ibyacu, ntahantu tuzongera guhurira.” Ayo ni amagambo Killaman yabwiye Mitsutsu nyuma y’uko amwise indyarya, mu gihe aba bombi bari inshuti ndetse banakoranye. Emmanuel Kazungu uzwi nka Mitsutsu na Niyonshuti Yannick wamamaye nka Killaman bashwanye nyuma y’uko Mitsutsu atangaje ko Killaman ari we wagize uruhare mu itandukana rye na Nana. Umwuka […]

Juno Kizigenza yasabwe na Minisitiri Dr.Bizimana gukura Rutwitsi mu mazina akoresha

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana, yasabye umuhanzi Juno Kizigenza gukura izina “Rutwitsi” mu mazina akoresha, nyuma y’impaka zikomeje kuvuka ku mbuga nkoranyambaga ku ijambo “gutwika” rikunze gukoreshwa mu birori. Ibi byatangiye ubwo umwe mu bamukurikira ku mbuga nkoranyambaga yamubazaga ati: “Nyakubahwa Minisitiri, ubwo wa muhanzi wiyita Rutwitsi ahindure izina?”Dr. Bizimana amusubiza […]

Bruce Melodie yagiranye ibiganiro na  Amb-Gen-Patrick Nyamvumba

Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania, Gen. Patrick Nyamvumba, yakiriye umuhanzi w’icyamamare Bruce Melodie ari kumwe n’abo bakorana, bagirana ibiganiro byagarutse ku ruhare rukomeye umuziki mu guhuza Abanyarwanda n’Abanya Tanzaniya, ndetse no guteza imbere ubufatanye bw’akarere binyuze mu buhanzi. Aya makuru yemejwe na Ambasade y’u Rwanda muri Tanzania kuri uyu wa Gatatu tariki ya 4 Gashyantare […]

Abahanzi batwaye Grammy awards muri 2026

Mu ijoro ryo ku wa 01 Gashyantare 2026, habaye ibirori bikomeye byo gutanga ibihembo bya Grammy Awards, byahuriyemo abahanzi bakomeye mu muziki ku rwego mpuzamahanga. Ibi bihembo byatangwaga ku nshuro ya 68, bikaba ari ibihembo bihabwa abahanzi bitwaye neza kurusha abandi mu muziki, ndetse akaba ari ibihembo bifatwa nk’ibyicyubahiro ku buryo buri muhanzi aba abifata […]

Masamba, Kitoko na Bwiza bahaye ibyishimo abitabiriye igitaramo cyo kwizihiza umunsi w’Intwari (amafoto)

Mu ijoro ryo ku wa 31 Mutarama 2026, Camp Kigali yari yuzuye akanyamuneza n’amarangamutima, ubwo abahanzi batandukanye barimo Kitoko, Bwiza, Massamba Intore, Army Jazz Band ndetse n’Itorero ry’Umujyi wa Kigali “Indatirwabahizi” bataramiraga Abanyarwanda mu gitaramo cyo kwizihiza Intwari z’u Rwanda. Iki gitaramo cyitabiriwe n’abantu benshi, by’umwihariko urubyiruko rwaturutse hirya no hino mu Mujyi wa Kigali, […]

Papa sava yahawe igikombe mu birori bye byo kwizihiza imyaka 30 amaze muri Cinema (Amafoto)

Mu ijoro ryo ku wa 30 Mutarama 2026, muri Mundi Center, umusizi akaba n’umukinnyi wa filime Niyitegeka Gratien uzwi nka Papa Sava, Seburikoko, Sekaganda n’andi mazina menshi, yizihije imyaka 30 amaze mu buhanzi mu birori byari byuzuye ibyishimo n’amarangamutima. Ibi birori byatewe inkunga n’uruganda rwa Skol rubinyujije mu kinyobwa cya “Gatanu”, ndetse hanabonekamo n’ibindi binyobwa […]

Brig Gen Jean-Paul Nyirubutama yagizwe Umujyanama wungirije muby’umutekano

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho abayobozi bashya mu rwego rw’umutekano n’ingabo, aho Brig Gen Jean-Paul Nyirubutama yagizwe Umuyobozi Wungirije Mukuru w’Inama mu by’Ingabo n’Umutekano mu Biro by’Umukuru w’Igihugu, mu gihe James Wizeye yagizwe Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza n’Umutekano (NISS). Iri shyirwaho ry’aba bayobozi bashya ryatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze […]

Perezida w’Amerika; Donald Trump agiye gutereka inzara zibe ndende, nk’iza Nicki Minaj.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yashimye Nicki Minaj amwita umwe mu baraperikazi bakomeye mu mateka, anongera ateramo urwenya avuga ko ashobora no kureka inzara ze zikamera nk’ize uyu muhanzi, zizwiho kuba ndende kandi zigaragara cyane. Ibi Trump yabivuze ku wa Gatatu tariki ya 28 Mutarama, ubwo yahamagaraga Nicki Minaj ku rubyiniro […]

Umurizabageni Nadia yasohoye igisigo gihumuriza abakobwa batinze gushaka. “Nacumuye iki?”

Umurizabageni Nadia yasohoye igisigo gishya “Nacumuye Iki?” gihuza ihumure n’ihungabana ry’abakobwa batinze gushaka Umusizi Umurerwa Uwimbabazi Nadia, uzwi cyane ku izina ry’umwuga “Umurizabageni Nadia”, yashyize hanze igisigo gishya yise “Nacumuye Iki?”, kigamije guhumuriza no kongerera imbaraga abakobwa bumva baratinze kubona abagabo, nyamara bitaturutse ku bushake bwabo. Iki gisigo kigaruka ku marangamutima akomeye akunze kwiyumvamo abakobwa […]

Alyn Sano yakoze ibidasanzwe mu gitaramo yitabiriye cyitwa “The NAMM SHOW 2026” muri America

Umuhanzikazi Alyn Sano uririmba mu njyana ya Afro-pop yitabiriye Inama ndetse n’igitaramo gikomeye cyabereye muri Anaheim Convention Center muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Iki ni igitaramo cyamuhaye amahirwe yo kwambuka imipaka yakarere yinjira ku rwego rw’abahanzi bahatanira isoko mpuzamahanga. Iki gitaramo cyabaye nyuma yuko inama mpuzamahanga yari yaratangiye mbere ku wa 20 kugeza 24 […]