Umuhanzi Mad Ice, umwe mu banyabigwi b’umuziki muri Tanzania, yashize amanga avuga ku rukundo rwakunze kumubamo imbere rwerekeye umuhanzikazi w’Umunyauganda, Cindy Sanyu. Nubwo isi yose yabonaga ari ubushuti busanzwe, kuri Mad Ice ngo hari harimo akantu k’inyatane.
Mad Ice avuga ko atatwarwaga n’izina rya Cindy nk’icyamamare, ahubwo yakururwaga n’uburyo uyu mugore yitwaraga n’umutima we wa kimuntu.
Mu gihe Mad Ice yari ababajwe n’uko Cindy ari mu rukundo n’umunyamahanga (Umutaliyani), yakoreshaga urwenya n’ubuse nk’uburyo bwo guhisha amarangamutima ye.
Mad Ice avuga ko urwo rukundo rwari rukomeye icyo gihe, ariko uko imyaka yagiye ishira n’ubukure bukaza, byagiye biyoyoka.
“Twari inshuti dukunda gutebya ku buryo atari gukeka ko mukunda urwihariye. Nakundaga kumubaza nti: ‘Kuki washakanye n’umuzungu?’… Tukabiseka ntagire n’icyo abyumvamo.”
Abo ari bo uyu munsi
Cindy Sanyu: Aracyafatwa nk’umwamikazi w’indirimbo muri Uganda (King Herself), akaba n’umwe mu bari bagize itsinda rya Blu3.
Mad Ice: Ubu abarizwa muri Finland, aho akomeje gukora umuziki nyuma yo kumenyekana mu ndirimbo nka “Baby Gal” na “Mapenzi Sumu”.
