Tombora y’uko amakipe azahura mu cyiciro cya shampiyona cya UEFA Champions League 2026/27 yabaye kuri uyu wa Kane, tariki ya 27 Kanama 2026, muri Grimaldi Forum i Monaco. Iyi tombola yashyize ahagaragara uko imikino izahuza amakipe 36 azitabira iri rushanwa rikomeye ry’amakipe yo ku mugabane w’u Burayi izagenda.
Amakipe 36 yagabanyijwe mu byiciro bine, buri cyiciro kikaba kirimo amakipe icyenda hashingiwe ku manota n’ibipimo bya UEFA by’amakipe. Abatwaye igikombe bari mu cyiciro cya mbere.
Buri kipe izakina imikino umunani, ihure n’amakipe abiri yo muri buri cyiciro, ikine umwe mu rugo n’undi hanze. Bivuze ko buri kipe izakina imikino ine mu rugo n’ine hanze.
Nta matsinda asanzwe azaba ahari. Ahubwo amakipe yose 36 azashyirwa ku rutonde rumwe rwa shampiyona.
Amakipe umunani ya mbere azahita abona itike yo gukina 1/8 cy’irangiza, mu gihe azasoza kuva ku mwanya wa 9 kugeza ku wa 24 azakina imikino ya kamarampaka yo gushaka itike ya 1/8.
Icyiciro cya shampiyona kizakinwa kuva muri Nzeri 2026 kugeza muri Mutarama 2027, aho imikino y’umunsi wa mbere iteganyijwe ku wa 8 kugeza ku wa 10 Nzeri 2026. Gahunda yuzuye y’imikino biteganyijwe ko izemezwa bitarenze tariki ya 29 Kanama.
Inkangara ya mbere: Paris Saint-Germain (yatwaye igikombe), Bayern Munich, Real Madrid, Liverpool, Inter Milan, Manchester City, Arsenal, Barcelona na Atlético Madrid.
Inkangara ya kabiri: Borussia Dortmund, Roma, Sporting CP, Aston Villa, Porto, Manchester United, Club Brugge, Real Betis na PSV Eindhoven.
Inkangara ya gatatu: Feyenoord, Lille, Bodø/Glimt, Napoli, RB Leipzig, Villarreal, Fenerbahçe, Shakhtar Donetsk na Galatasaray.
Inkangara ya kane: Slavia Praha, Slovan Bratislava, VfB Stuttgart, AEK Athens, LASK, Como, Lens, Viking na Sabah.
Mu birori byabereye i Monaco, UEFA yanatanze President’s Award ku munyabigwi wa Arsenal n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, Thierry Henry, mu rwego rwo kumuha icyubahiro kubera umwuga we ukomeye ndetse n’imbaraga amaze igihe ashyira mu kurwanya ivangura.
Iki gihembo cyashyikirijwe Henry na Perezida wa UEFA, Aleksander Čeferin.
Umwe mu bitabiriye ibirori ni Sir Jim Ratcliffe, umwe mu bafite imigabane muri Manchester United, ikipe yongeye kubona umwanya wo gukina UEFA Champions League.
Tombola yatumye haboneka imikino ikomeye abafana b’umupira w’amaguru bazategerezanya amatsiko, irimo:
Arsenal vs Real Madrid, umukino uzabera kuri Emirates Stadium.
Bayern Munich vs Arsenal, umukino uzabera kuri Allianz Arena.
Arsenal vs Borussia Dortmund, umukino uzabera i Londres.
Manchester City vs Paris Saint-Germain, umukino uzabera kuri Etihad Stadium.
Barcelona vs Manchester City, umukino uzabera muri Espagne.
Aston Villa vs Paris Saint-Germain, umukino uzabera kuri Villa Park.
Barcelona vs Aston Villa, umukino uzabera muri Espagne.
Manchester United vs Bayern Munich, umukino uzabera kuri Old Trafford.
Inter Milan vs Liverpool, umukino uzabera kuri San Siro.
Iyi mikino, ndetse n’indi izahuza Real Madrid, Bayern Munich n’amakipe menshi yo muri Premier League, itegerejweho kuzatanga umupira w’amaguru ushimishije muri iki cyiciro.
Iki cyiciro cya shampiyona kizakinwamo imikino 144 mu minsi umunani, mbere y’uko amakipe akomeza mu byiciro bikurikiraho bigana ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League 2027 uzabera kuri Estadio Metropolitano ya Atlético Madrid.
Tombola yabaye indi ntambwe mu ihinduka ry’imiterere ya UEFA Champions League, aho imikino yo mu ntangiriro z’amarushanwa itazongera gukinwa mu matsinda asanzwe, ahubwo amakipe 36 azahatana ku rutonde rumwe rwa shampiyona.

