CAF yafatiye ibihano bikomeye Sénégal na Maroc kubera imvururu zo kuri final ya AFCON 2025

1
2 minutes, 19 seconds Read

Komisiyo ishinzwe Imyitwarire mu ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yafatiye ibihano bikomeye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Sénégal n’iryo mu Bwami bwa Marocco, nyuma y’imvururu zaranze umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika cya 2025 wabereye i Rabat ku wa 18 Mutarama 2026.

Uyu mwanzuro watangajwe mu ijoro rishyira ku wa Kane, nyuma y’inama ya komisiyo yabaye ku wa Kabiri tariki ya 27 Mutarama 2026, aho impande zombi zari zamaze kumvwa.

Pape Thiaw n’abakinnyi ba Sénégal bafatiwe ibihano

CAF yatangaje ko Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Sénégal, Pape Thiaw, yahagaritswe imikino itanu yose y’amarushanwa ategurwa na CAF, azira imyitwarire itari ijyanye n’amahame ya siporo.

Uyu mutoza ashinjwa kuba ari we wagize uruhare rukomeye mu gusaba abakinnyi ba Sénégal kuva mu kibuga, anacibwa amande angana n’ibihumbi 100 by’Amadolari ya Amerika, asaga miliyoni 145 z’Amafaranga y’u Rwanda.

Ku ruhande rw’abakinnyi, Iliman Cheikh Baroy Ndiaye yahagaritswe imikino ibiri ya CAF kubera imyitwarire idakwiye yagaragaje imbere y’umusifuzi. Mugenzi we Ismaila Sarr na we yahagaritswe imikino ibiri kubera imyitwarire nk’iyo.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Sénégal (FSF) ryaciwe amande angana n’ibihumbi 300 by’Amadolari ya Amerika (asaga miliyoni 435 Frw) kubera imyitwarire idakwiye y’abafana bayo yateje imvururu muri uwo mukino.

FSF kandi yaciwe andi mande angana n’ibihumbi 300 by’Amadolari kubera imyitwarire y’abakinnyi n’abatoza b’ikipe y’igihugu, ndetse n’ibihumbi 15 by’Amadolari (asaga miliyoni 21 Frw) bitewe n’uko abakinnyi batanu bahawe amakarita y’umuhondo muri uwo mukino.

Marocco na yo yafatiwe ibihano

Ku ruhande rw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Bwami bwa Maroc (FRMF), CAF yafatiye ibihano kapiteni w’Ikipe y’Igihugu, Achraf Hakimi, ugiye guhagarikwa imikino ibiri, harimo umwe usubitswe mu gihe cy’umwaka uhereye ku itariki icyemezo cyafatiweho.

Umukinnyi wo hagati ukina asatira izamu, Ismaël Saibari, yahagaritswe imikino itatu ya CAF, anacibwa amande angana n’ibihumbi 100 by’Amadolari ya Amerika (asaga miliyoni 145 Frw).

Ishyirahamwe rya Maroc ryaciwe ibihumbi 200 by’Amadolari (hafi miliyoni 291 Frw) kubera imyitwarire idakwiye y’abana batoragura imipira ku kibuga, ndetse n’ibihumbi 100 by’Amadolari kubera imyitwarire y’abakinnyi n’abatoza bagiye mu cyumba cya VAR babangamira abasifuzi, binyuranyije n’ingingo ya 82 n’iya 83 z’amategeko ngengamyitwarire ya CAF.

FRMF kandi yaciwe ibihumbi 15 by’Amadolari (asaga miliyoni 21 Frw) kubera abafana bakoresheje amatara ya “laser” atungirwa mu maso y’abakinnyi muri uwo mukino.

CAF yanze ikirego cya Marocco

CAF yatangaje ko yanze ikirego cyatanzwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Bwami bwa Maroc, cyashinjaga irya Sénégal kurenga ku mahame ngengamyitwarire yayo, aho ryari ryasabye ko Sénégal yafatiwa ibihano bikomeye birimo guhagarikwa.

CAF yateye utwatsi ubusabe bwa Marocco yari yifuje ko umukino wa nyuma wa CAN 2025 wasubirwamo, ishimangira ko imvururu zabaye ntacyo zahinduye ku mukino

About The Author

Inkuru bihuye

Comments

  1. avatar
    Ishimwe says:

    None c ubu bakiniye iki ko numva ayo bahembwe yose bagiye kuyatanga mu bihano we? 😐😐😐😐😐

    mudushakire amakuru y’ibihembo biba mu gikombe cy’isi uko bingana

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *