Rubavu: Abajura bataramenyekana bibye insinga z’amashanyarazi barazitwara

1 minute, 20 seconds Read

Abantu bataramenyekana bibye insinga z’amashanyarazi zihuza amapoto abiri yo ku matara yo ku muhanda, mu Mudugudu wa Nyaburanga, Akagari ka Nengo, Umurenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, hafi y’ikiyaga cya Kivu. Izi nsinga zacukuwe nijoro, abazibye barazitwara, ubu bakaba bagishakishwa.

Aya makuru yemejwe n’abanyerondo bakorera muri ako gace, bavuga ko byabaye mu masaha y’ijoro mu busitani buri hagati y’amapoto abiri y’amashanyarazi, hafi y’ahakunda gusurwa n’abantu benshi baruhukira ku kiyaga cya Kivu.

Umwe muri bo yavuze ko babonye amatara azima mu gihe gito kandi ahandi hagaka, bituma bakeka ko hari ikibazo cyabaye. Bageze aho ayo matara ari, basanga insinga zacukuwe ziratwawe.

Yagize ati: “Mu gihe twari mu irondo hafi y’ikiyaga, twabonye aho amatara azimye kandi ahandi hagaka. Twagiye kureba dusanga insinga zo munsi y’ubutaka zacukuwe zose barazijyanye. Ni mu gace gakoreshwa cyane mu birori nko mu bukwe no mu bikorwa byo kuruhuka.”

Abanyerondo bavuga ko hari n’ahandi hageragejwe gucukurwa ariko ababikoze bariruka bataramenyekana. Bahise batanga amakuru ku buyobozi no ku nzego z’umutekano, hatangira iperereza.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gisenyi, Uwineza Francine, yavuze ko iki gikorwa kigayitse kandi kitazihanganirwa, ashimangira ko abakigizemo uruhare bagishakishwa.

Yagize ati: “Ni igikorwa cyo kwangiza ibikorwa remezo kidakwiriye. Cyasize agace mu kizima kandi ari ahantu hakorerwa ubukerarugendo, hakunda kugendwa cyane. Twahise dushaka izindi nsinga dusimbuza kugira ngo umutekano n’urumuri bikomeze kuboneka.”

Ubuyobozi bw’umurenge buvuga ko bukomeje gukorana n’inzego z’umutekano mu gushaka ababigizemo uruhare, hanakurikiranywe aho izo nsinga zishobora kuba zajyanywe kugurishwa. Abaturage basabwe kujya batanga amakuru ku gihe ku babangiza ibikorwa remezo kugira ngo bafatwe babihanirwe.

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *