Abantu babiri bitabye Imana bazize impanuka yabaye mu isiganwa rya Tour Rwanda 2026

1
0 minutes, 58 seconds Read

Ubuyobozi bw’Isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda (Tour du Rwanda) bwatangaje ko abantu babiri bitabye Imana bazize impanuka yabaye ku Cyumweru, tariki ya 22 Gashyantare 2026, ubwo harebwaga agace ka mbere k’iri siganwa kahagurukiye mu Karere ka Gicumbi kagasorezwa i Rwamagana.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, ubuyobozi bwa Tour du Rwanda bwavuze ko iyi mpanuka yabereye i Gabiro mu Karere ka Gatsibo, aho imwe mu modoka zari ziri mu zigenda imbere y’isiganwa yarenze umuhanda ikagonga abaturage bari baje kureba iri rushanwa. Ibyo byatumye abantu babiri bahasiga ubuzima, mu gihe abandi batandatu bakomeretse bajyanwa kwa muganga kugira ngo bitabweho.

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, abinyujije ku rubuga rwa X (rwahoze ari Twitter), yihanganishije imiryango yabuze ababo muri iyi mpanuka, anifuriza abakomeretse gukira vuba. Yanibukije abaturage bose kwitwararika, bagakurikiza amabwiriza y’umutekano, cyane cyane mu gihe habaye ibikorwa rusange bikurura abantu benshi.

Ku ruhande rw’isiganwa, aka gace ka mbere katwawe n’Umunya-Israel, Itamar, wakoresheje amasaha ane, amasegonda atanu ahita yambara umwenda w’umuhondo w’uyoboye isiganwa.

Ubuyobozi bwa Tour du Rwanda bwihanganishije imiryango y’ababuze ababo, buvuga ko bugiye gukorana n’inzego bireba kugira ngo hongerwe ingamba zo kwirinda impanuka mu bindi bice bisigaye by’irushanwa.

About The Author

author

Mussa KaKa

My name is Byiringiro Moise, a graduate of the University of Rwanda in the Department of History and Heritage. I have practical experience in heritage preservation and museum education, having completed an internship at the Huye Ethnographic Museum where I worked on ethnographic collection management and visitor engagement. I have also served as a teacher, delivering holistic lessons that empower youth and strengthen community values. My academic and professional journey reflects a deep commitment to cultural identity, reconciliation, and civic education.

Inkuru bihuye

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *