Stade Amahoro yafunzwe by’agateganyo kubera imyiteguro ya FIFA Series 2026

1 minute, 16 seconds Read

Kubera imyiteguro y’irushanwa ritegurwa na FIFA rizwi nka FIFA Series 2026, Stade Amahoro yafunzwe by’agateganyo kugira ngo ibanze itunganywe.

Ibi byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Premier League, Jules Karangwa, ubwo yasobanuraga impamvu habayeho impinduka mu mikino imwe n’imwe ya shampiyona.

Mu kiganiro yagiranye na RBA, Karangwa yavuze ko iki kibuga kitari mu bikoreshwa muri iki gihe kubera ko kiri gutegurirwa kwakira irushanwa mpuzamahanga rihuza amakipe y’ibihugu atandukanye ku migabane itandukanye y’Isi.

Yagize ati: “Iyo stade irebwa n’imyiteguro ya FIFA Series. Nyuma y’umukino wa Kiyovu Sports na APR FC, irafunze mu rwego rwo kugira ngo yitabweho. Izongera gufungura nyuma ya Werurwe 2026.”

Yakomeje avuga ko nubwo shampiyona yari isanzwe iyikoresha, hafashwe icyemezo cyo kuyireka by’agateganyo mu rwego rwo gushyira imbere imyiteguro y’iryo rushanwa. Yongeyeho ko hashakishwa ibisubizo by’ahandi imikino yakomereza kubera mu gihe Stade Amahoro igifunze.

Umukino wa Rayon Sports na Al Hilal SC wari uteganyijwe kubera kuri Stade Amahoro wimuriwe kuri Kigali Pelé Stadium, aho wabereye kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 25 Gashyantare 2026.

Irushanwa rya FIFA Series 2026 riteganyijwe gutangira tariki ya 26 Werurwe 2026. Stade Amahoro izakira imikino y’Itsinda A ririmo Estonia, Grenada, Kenya n’u Rwanda, mu gihe Itsinda B ririmo Aruba, Liechtenstein, Tanzania na Macau rizakinira kuri Kigali Pelé Stadium.

Ubuyobozi bwatangaje ko iyi myiteguro igamije gutuma ibibuga byakira neza iri rushanwa mpuzamahanga, mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umupira w’amaguru no kwakira neza amarushanwa akomeye ku rwego mpuzamahanga.

Iyi stade ikaba yabaye ifunzwe mu rwego rwo gutegura imikino iri mbere ngo izagende neza.

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *