Ibitero by’indege bya Israel byahitanye abantu 10 mu majyepfo ya Liban

2 minutes, 6 seconds Read

Ibitero bikomeje kugabwa na Israel mu majyepfo ya Liban byahitanye abantu nibura 10 ku munsi wo ku wa Gatandatu, nubwo hashize ibyumweru bibiri hatangajwe agahenge k’intambara.

Ibiro by’amakuru bya Liban (NNA) byatangaje ko abantu batatu bishwe n’igitero cyagabwe mu gace ka Shoukine, mu karere ka Nabatieh. Hari kandi abandi babiri bishwe n’igitero cyagabwe ku modoka mu mudugudu wa Kfar Dajjal.

Ahandi hantu hibasiwe harimo mu mudugudu wa Lwaizeh, aho igitero cyahitanye abantu batatu, ndetse no muri Shoukin hiyongereye abandi babiri bishwe n’ibindi bitero.

Indege za gisirikare za Israel zanagabye ibitero hafi y’ahazwi nka al-Saada Bakery, hafi ya rond-point ya al-Quds mu mujyi wa Nabatieh. Hari kandi n’ibindi bitero byagabwe mu mujyi wa Siddiqine mu karere ka Tyre.

Nubwo Israel ivuga ko yibasira umutwe wa Hezbollah ushyigikiwe na Iran, amakuru agaragaza ko umubare munini w’abahitanwa n’ibi bitero ari abasivili.

Mu minsi ibiri ishize gusa, abantu 44 bamaze kwicwa n’ibitero bya Israel, mu gihe kuva intambara yongeye kubura ku wa 2 Werurwe, hamaze gupfa abantu barenga 2,600 nk’uko Minisiteri y’Ubuzima ya Liban ibitangaza.

Abasaga miliyoni imwe bamaze guhunga ingo zabo kubera iyi ntambara ikomeje gukaza umurego.

Ku ruhande rwa Hezbollah, uyu mutwe watangaje ko uzakomeza kugaba ibitero ku ngabo za Israel ziri ku butaka bwa Liban. Ku wa Gatanu, wavuze ko wagabye ibitero ku basirikare ba Israel n’ibikoresho byabo mu bice bitandukanye byo ku mupaka.

Mu bitero byakozwe, Hezbollah yakoresheje za drones nto zifite ubushobozi bwo kwiyahura, zikaba zimaze no kwica abasirikare batatu ba Israel mu minsi ishize. Izi drones zifashishwa cyane mu kurasa imodoka z’intambara zirimo na tanki zo mu bwoko bwa Merkava.

Iyi ntambara yatangiye ku wa 2 Werurwe, ubwo Hezbollah yarasaga roketi mu majyaruguru ya Israel, nyuma y’uko Amerika na Israel batangiye kugaba ibitero kuri Iran ishyigikira uyu mutwe.

Kuva icyo gihe, Israel imaze kugaba ibitero byinshi byo mu kirere ndetse inohereza ingabo ku butaka bwa Liban, igenzura uduce twinshi two ku mupaka.

Nubwo ku wa 17 Mata hatangajwe agahenge k’iminsi 10 i Washington kakaza kongerwa, ibikorwa by’intambara ntibyigeze bihagarara burundu.

Abasesenguzi bavuga ko aka gahenge kari ku mpapuro gusa, mu gihe ku butaka ho imirwano igikomeje ndetse ikaba iri no kwiyongera.

Mu rwego mpuzamahanga, u Bushinwa bwatangaje ko nta gahenge nyako kariho, ahubwo ari “kugabanya ubukana bw’imirwano”.

Hagati aho, Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, ari guhatwa n’igitutu n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse n’abaturage benshi bifuza ko igihugu cye gikomeza intambara aho kuyihagarika.

Ibitero by’indege bya Israel byahitanye abantu 10 mu majyepfo ya Liban

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *