Ikipe ya Real Madrid, itozwa na José Mourinho, yegukanye iki gikombe ku nshuro ya 10, iba ikipe ya kabiri imaze kugitwara inshuro nyinshi nyuma ya Deportivo de A Coruña. Nubwa mbere Real Madrid yongeye kugitwara kuva mu 2013. Iyi ntsinzi yanatumye Real Madrid ikomeza kutatsindwa mu mikino yose ya gicuti yabanjirije shampiyona.
Real Madrid yegukanye igikombe cya Teresa Herrera cyabaga kunshuro ya 80, itsinze Deportivo de A Coruña igitego 1-0 kuri sitade ya Riazor ku wa 12 Kanama 2026. Igitego rukumbi cyatsinzwe na Brahim Díaz nyuma y’igikorwa cy’ubuhanga budasanzwe.
Igikombe cya Teresa Herrera gifite uburemere bwa kilogramu hafi 40 kandi gifite uburebure bwa metero 1,20. Ni igikombe gikozwe mu ishusho isa n’ umunara wa Hercules, ikimenyetso kizwi cyane cy’umujyi wa A Coruña. Ibi bituma kiba kimwe mu bikombe biremereye bikunze gutangwa mu mupira w’amaguru, ku buryo akenshi bisaba abakinnyi babiri kugira ngo babashe kugiterura mu muhango wo kugitanga.
Iki gikombe cyashinzwe mu 1946, kiba irushanwa rya kera kurusha andi yose yo mu mpeshyi muri Espagne rikomeje gukinwa kugeza n’ubu. Cyashyizweho n’Inama Njyanama y’umujyi wa A Coruña ku bufatanye n’Ikigo gishinzwe ibikorwa by’ubugiraneza, hagamijwe gukusanya amafaranga yo gufasha ibitaro nyuma y’intambara ya gisivili yari imaze gusiga igihugu mu bibazo bikomeye.
Irushanwa ryitiriwe Teresa Herrera, umugiraneza wabayeho mu kinyejana cya 18, watanze umutungo we kugira ngo hashyirweho ibitaro bya mbere bya Leta muri uwo mujyi.
Nubwo iri rushanwa ryagiye rihindura imiterere yaryo, rikava ku gukinwa nk’umukino umwe rikagera ku buryo amakipe menshi aryitabira, ryakomeje kubungabunga intego yaryo yo gufasha ibikorwa by’ubugiraneza.
Deportivo de A Coruña ni yo ifite agahigo ko gutwara iki gikombe inshuro nyinshi kurusha andi makipe, naho Real Madrid ikaza ku mwanya wa kabiri imaze kucyegukana inshuro 10.
Uyu mukino wabereye imbere y’abafana bagera ku 29,000 bari bateraniye kuri sitade ya Riazor. Wari umukino ukomeye kandi urimo guhangana cyane, nk’uko bisanzwe bigenda mu mikino ya gicuti ibanziriza shampiyona.
Deportivo de A Coruña, iherutse kugaruka mu cyiciro cya mbere muri Espagne nyuma y’imyaka myinshi ikina mu byiciro byo hasi, yagaragaje imikinire myiza ndetse igabanya amahirwe ya Real Madrid mu gice cya mbere.
Igitego cyabonetse ku munota wa 45+1′, Deportivo yari imaze kubona koruneri, maze Lucas Noubi atera umutwe, ariko umunyezamu Andriy Lunin awufata neza.
Lunin yahise atera umupira muremure awukoresha ukuboko. Brahim Díaz yawakiriye neza akoresheje igituza, awutwarana umuvuduko mwinshi ndetse arawugenzura akoresheje ivi mbere yo gutsinda ishoti ryo hasi ryanyuze ku munyezamu Leo Román.
Mu gice cya kabiri, Deportivo yagerageje gushaka igitego cyo kwishyura, ndetse ku munota wa 87 yegera cyane izamu, ariko Lunin yongera gukora akazi gakomeye akuramo umupira.
Real Madrid yakomeje kwirinda neza, ikora impinduka zitandukanye zirimo kwinjiza Federico Valverde, Trent Alexander-Arnold n’abandi bakinnyi, maze irangiza umukino idatsinzwe.
Iyi ntsinzi yahaye José Mourinho igikombe cya mbere kuva yagaruka muri Real Madrid, inaha ikipe icyizere mbere y’uko shampiyona ya La Liga itangira.


