Ikipe y’igihugu ya Cameroun yatsinze Malawi ibitego 3-0, yegukana ku nshuro ya mbere mu mateka yayo Igikombe cya Afurika cy’Abagore WAFCON 2026.
Umukinnyi Marie Ngah Manga yafunguye amazamu ku munota wa 20, atsindishije umutwe ari hafi y’izamu. Nyuma y’iminota 10, Naomi Eto yatsinze igitego cya kabiri, mbere y’uko Ngah Manga atsinda icya gatatu mu minota y’inyongera y’igice cya mbere, nyuma yo guhabwa umupira na Eto.
Malawi, yari ikipe iri ku mwanya wa 153 ku rutonde rwa FIFA kandi ari yo yari ifite umwanya mubi kurusha izindi zose muri iri rushanwa, yari yageze ku mukino wa nyuma ishingiye cyane ku bakinnyi bayo b’ibyamamare, Tabitha Chawinga na Temwa Chawinga.
Icyakora, ubwugarizi bwa Cameroun bwabashije guhagarika aba bakinnyi bombi, bituma Malawi ibura amahirwe yo gukora amateka no kwegukana igikombe.
Ngah Manga yabonye amahirwe yo gutsinda igitego cya gatatu cye ku giti cye no kwegukana inkweto ya zahabu wenyine, ariko ananirwa gushyira umupira mu izamu nyuma yo kurenga umunyezamu wa Malawi.
Cameroun yakoze amateka akomeye kuko itari yanabashije kwitabira irushanwa rya WAFCON rya 2024 ndetse yari yanabuze itike y’iri rushanwa nyuma yo gutsindwa na AlgĂ©rie ibitego 3-1 mu mikino yo gushaka itike.
Nyuma y’uko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) ryongereye umubare w’amakipe yitabira WAFCON ukava kuri 12 ukagera kuri 16, Cameroun yabonye amahirwe yo kwitabira iri rushanwa hashingiwe ku mwanya yari iriho ku rutonde rwa FIFA.
Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, hamwe na Perezida wa CAF, Patrice Motsepe, ni bo bashyikirije Cameroun igikombe. Uretse igikombe, Cameroun yanahawe miliyoni ebyiri z’amadolari ya Amerika nk’igihembo.
Cameroun yabaye igihugu cya kane gusa cyegukanye WAFCON nyuma ya Nigeria, GuinĂ©e Ă©quatoriale na Afurika y’Epfo.
Nyuma y’umukino, Marie Ngah Manga yagize ati:
“Twishimiye cyane iyi ntsinzi. Twakoze cyane mu myaka yose ishize kugira ngo tugere kuri iyi ntego. Twishimiye kuba tubaye ba nyampinga ba Afurika.”
Umutoza wa Cameroun, Valentine Nguele, watangiye gutoza iyi kipe muri Kamena 2026, yubatse ikipe ikomeye yatsinze Nigeria muri kimwe cya kane cy’irangiza, nyuma ikuramo Maroc muri penaliti muri kimwe cya kabiri cy’irangiza.
Muri uru rugendo, umunyezamu Michaely Bihina yagize uruhare rukomeye, kuko yakuyemo imipira icyenda mu mukino wa Nigeria ndetse anakuramo penaliti nyinshi mu mukino wa Maroc.
Ku musozo w’umukino, Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun, Samuel Eto’o, yagaragaje ibyishimo byinshi, mu gihe abakinnyi n’abatoza binjiye mu kibuga bishimira iki gikombe cya mbere nyuma yo gutsindirwa imikino ya nyuma ya 2004, 2014 na 2016 yose na Nigeria.
