Ni ayahe makipe azi kugurisha neza abakinnyi muri Premier League?

author
1 minute, 59 seconds Read

Mu gihe isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi riri kugana ku musozo, amakipe menshi ari kugurisha abakinnyi ku mpamvu zitandukanye zirimo kugabanya umutwaro w’imishahara, kubona inyungu ku bakinnyi bageze ku rwego rwo hejuru cyangwa kubahiriza amategeko agenga imikoreshereze y’umutungo.

Ariko si amakipe yose afite ubushobozi bumwe mu kugurisha abakinnyi. Hari ayamenyereye kuvumbura impano, kuziteza imbere no kuzigurisha ku mafaranga menshi, mu gihe andi akunze kunengwa kubera kugumana abakinnyi igihe kirekire cyangwa kubarekura ku giciro kiri hasi.

Liverpool ni imwe mu makipe ashimirwa cyane uburyo igurisha abakinnyi. Igurishwa rya Philippe Coutinho muri Barcelona mu 2018 ryinjije amafaranga menshi yafashije iyi kipe kugura Virgil van Dijk na Alisson Becker, abakinnyi bagize uruhare rukomeye mu ntsinzi zayo.

Brighton nayo imaze kubaka izina rikomeye muri uru rwego. Mu 2023, yagurishije Moises Caicedo muri Chelsea kuri miliyoni 115 z’amapawundi nyuma yo kwanga ibiciro byo hasi yari yahawe mbere. Iyi kipe ikunze kugurisha abakinnyi bayo mu gihe agaciro kabo kari hejuru cyane.

Manchester City ikomeje kugaragaza ubuhanga mu kugurisha abakinnyi. Kuba yaragurishije James Trafford kuri miliyoni 40 z’amapawundi na Julian Alvarez kuri miliyoni zisaga 80 z’amapawundi byatumye benshi batangira kuvuga ko ifite uburyo budasanzwe bwo gucuruza abakinnyi.

Aston Villa nayo iri mu makipe amaze gutera intambwe ikomeye. Mu myaka mike ishize, yinjije amafaranga menshi mu kugurisha Morgan Rogers, Moussa Diaby, Douglas Luiz, Jacob Ramsey na Jhon Duran.

Ku rundi ruhande, Arsenal ikomeje kunengwa kubera intege nke mu kugurisha abakinnyi. Urugero ni Aaron Ramsdale, wari umaze kwinjira mu bakinnyi beza ba Premier League, ariko nyuma yo kumara igihe ku ntebe y’abasimbura agurishwa amafaranga make ugereranyije n’agaciro yari afite.

Manchester United nayo ifite ikibazo nk’icyo. Abakinnyi benshi baguzwe amafaranga menshi bagiye batuma iyi kipe ihomba kubera kutabasha kubagurisha ku giciro cyiza. Jadon Sancho ni umwe mu ngero zigaragaza icyo kibazo.

Newcastle United yigeze kugera aho igurisha abakinnyi kugira ngo yubahirize amategeko agenga imari. Nubwo ubu yatangiye kugurisha abakinnyi ku giciro cyo hejuru, iracyafite ikibazo cyo kubona abasimbura bafite urwego nk’urw’abagurishijwe.

Mu bakinnyi bagurishijwe amafaranga menshi mu mateka y’amakipe yabo harimo Philippe Coutinho wa Liverpool, Moises Caicedo wa Brighton, Morgan Rogers wa Aston Villa, Alexander Isak wa Newcastle United, Elliot Anderson wa Nottingham Forest, Harry Kane wa Tottenham Hotspur, Cristiano Ronaldo wa Manchester United na Eden Hazard wa Chelsea.

Muri rusange, Liverpool, Brighton, Manchester City na Aston Villa ni zo zigaragara nk’amakipe azi gucuruza abakinnyi kurusha andi, mu gihe Arsenal na Manchester United zikomeje gushakisha uburyo bwo kunoza imikorere yabyo muri iri soko.

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *