Ibiciro by’ibiribwa byazamutseho 9,2% muri Gashyantare 2026 – NISR

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, National Institute of Statistics of Rwanda (NISR), cyatangaje ko muri Gashyantare 2026 ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,2% ugereranyije na Gashyantare 2025. Ibi bigaragaza ko ibiciro byakomeje kuzamuka kuko mu kwezi kwa Mutarama 2026 byari byiyongereyeho 8,9%, nyamara mu gihe mu mwaka ushize byari kuri 6,3%. Raporo yashyizwe ahagaragara ku wa 10 Werurwe […]

Inoti za 500, 1000, 2000 n’iza 5000 Frw zashyizweho hagati ya 2004 na 2015 nta gaciro zigifite mu Rwanda

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko inoti zimwe z’amafaranga y’u Rwanda zirimo iza 500 Frw, 1000 Frw, 2000 Frw na 5000 Frw zashyizweho hagati ya 2004 na 2015 zitazongera kugira agaciro mu gihugu. Icyakora, izo noti zizakomeza gukoreshwa mu gihe cy’amezi 12 uhereye igihe iteka rya Perezida rizikuyeho rizaba rimaze gutangazwa mu Igazeti ya Leta ya […]

Ubukungu bw’u Rwanda bwageze ku 8.9% buvuye ku 8.2% mu mwaka wa 2024 – 2025

Mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano, yateranye kuva kuri uyu wa kane ,iteranye ku nshuro yayo ya 20, imibare yagaragaje ko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse bukagera ku 8.9% buvuye ku 8.2% mu mwaka wa 2024 -2025 . Byatangajwe Minisitiri w’Intebe Dr Justin NSENGIYUMVA ubwo yagarukaga kubyagezweho.Ni mugihe imibare igaragza ko ubukungu bwakomeje kuzamuka kumpuzandengo ya 8.7%. Minisitiri […]

BNR yahagaritse Mobicash amezi atatu idakora mu Rwanda

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yafashe icyemezo cyo guhagarika by’agateganyo ibikorwa by’ikigo Mobicash Rwanda Ltd mu gihe cy’amezi atatu. Ibi bihano byatangiye gukurikizwa guhera ku itariki ya 23 Mutarama 2026, nyuma y’aho bigaragariye ko iki kigo cyakomeje kurenga ku mabwiriza agenga uburyo bwo kwishyurana mu Rwanda. Impamvu y’iri hagarikwa n’icyo bivuze ku bakiliya Nk’uko bigaragara […]

Izamuka ridasanzwe ry’igiciro cya zahabu ku isoko ritegeze ribaho mu mateka

Ku itariki ya 26 Mutarama 2026, igiciro cya zahabu cyazamutse cyane kirenga amadorali 5,000 kuri ounce imwe (garama 28), biba ku nshuro ya mbere bibayeho mu mateka y’isoko mpuzamahanga ry’imari. Iri zamuka rikomeye ryatewe n’uko isi iri mu bihe by’ubwoba n’ukutizera ubukungu, biterwa n’amakimbirane ya politiki, intambara z’ubucuruzi, ndetse n’igabanuka ry’agaciro k’idolari rya Amerika. Ibi […]