Uyu mugani bawuca babonye umuntu waguwe nabi n’ibyo yariyecyangwase byamwishe buhambe;nibwo bavuga, ngo «Naka yaguyeivutu».Wakomotse ku mugabo Rwahura rwa Magenda wo mu Iceni mu Bungwe(Butare) :ahagana mu mwaka w’i 1500 Umwami Ndahiro Cyamatare amaze kwicwa n’Abakongoro bamutsinze i Rubi rw’i Nyundo ho mu Bugamba mu Cyingogo (Gisenyi), abanyamaboko bose bigabagabanyije u Rwanda : Abasinga biha […]
Kuri uyu wa kabiri w’icyumweru tariki ya 16 ukuboza 2025, muri kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye hagiye kubera ibirori byo kwigisha urubyiruko no guhuza abakozi n’abakoresha CARREER SUMMIT 2025. Ni ibirori bizitabirwa n’itsinda rigari ry’abanyarwenya rimenyerewe mu gusetsa abantu Genz comedy. Aba banyarwenya bazaba barangajwe imbere na Boss wabo Ndaruhutse Fally uzwi cyane nka […]
Kugira indege nyinshi ntibikiri inzozi cyangwa kwiyemera ku bihugu by’ Afurika bihanganye n’ibibazo by’umutekano bikomeye, intumbero z’ubukungu, n’iterambere ry’ibihugu; ahubwo ni ibisabwa ku rwego rwa politiki n’umutekano. Kugira ubushobozi bwo kugenzura ikirere bituma igihugu kibasha gusubiza vuba ku bibazo nk’ibyiterabwoba, ubucuruzi bwa magendo, ndetse no kugenzura imikorere y’ibidafite uburenganzira. Gufata neza no kugira indege zikomeye […]
Ikigo cy’ikoranabuhanga gifatwa nk’icyambere mu gusakaza amakuru ku isi cyatangaje ko kigiye gutangira kugerageza uburyo bushya buzajya bwifashishwa mu gusobanura indimi zitanduakanye mu gihe abantu bari kuganira bakoresha indimi zirenze rumwe kandi zitandukanye. Biri mu murongo mugari w’iki kigo cy’ikoranabuhanga wo guteza imbere ibijyanye n’ubusemuzi. Bisobanuye ko mu gihe umuntu azajya avuga mu rundi rurimi […]
Gahini ni umusozi uri ku nkengero z’ikiyaga cya Muhazi, ahahoze ari muBuganza bwa ruguru. Uyu musozi wamenyekanye cyane mu Rwanda ndetseno mu karere ruherereyemo kubera misiyoni y’Itorero ry’Abangilikani muRwanda (Eglise Anglicane au Rwanda/EAR) yahashinzwe mu wa 1925. Ahari iyo misiyoni n’ibikorwa byayo ubu ni mu Mudugudu w’Akabeza, Akagari kaUrugarama, Umurenge wa Gahini, Akarere ka Kayonza.Nubwo […]
Iyo nzu yubatswe ku bw’Abadage iri mu hahoze ari u Bugoyi. Ubu ni mu Ntaray’Uburengerazuba, Akarere ka Rubavu, Umurenge wa Gisenyi, Akagari kaNengo, Umudugudu wa Nyaburanga. Muri iki gihe, ikoreramo ishami ryaraboratwari y’ubuvuzi bw’amatungo (Laboratoire Véterinaire) ya RAB (RwandaAgricultural Board) rishinzwe Intara y’Uburengerazuba. Ku gihe cy’Abadage, iyo nzu n’ubundi yubatswe hagamijwe gutangiramoserivisi zitandukanye zijyanye n’ubuvuzi […]
I Mwima ni ahantu ndangamurage h’amateka. Ni mu hahoze ari Nduga. Ubuni mu Mudugudu wa Mwima, Akagari ka Rwesero, Umurenge waBusasamana, Akarere ka Nyanza, mu Ntara y’Amajyepfo. Hazwi cyane kubera ko hatabarijwe Umwami Mutara III Rudahigwa nyumay’aho atangiye i Bujumbura tariki ya 25/07/1959. Abiru bari bifuje koatabarizwa i Rutare mu Karere ka Gicumbi y’ubungubu, nk’uko […]
Amateka avuga uko igihingwa cya kawa cyatangiye guhingwa mu Rwanda,yanditswe n’Ikigo cy’Ubuyapani Gishinzwe Ububanyi n’Amahanga « JapanInternational Cooperation Agency: JICA” mu nyandiko yacyo « The socioeconomic impact of Rwandan indigenous coffee variety (Bourbon Mibirizi)”yakozwe n’umushakashatsi Maurice Mugabowagahunde mu wa 2016. Iyo nyandiko ivuga ko abamisiyoneri ari bo badukanye kawa mu Rwanda,bayihinga i Mibirizi mu wa […]
Nubwo Astrida yari irimo imihanda, yose yari imihanda y’igitaka. Kugeza igihe u Rwanda rwaboneye ubwigenge, igice cy’umuhanda wari urimo kaburimbo cyavaga kuri Hotel Faucon kikagera hafi y’ibiro bya teritwari.. Ubu ni kuri CASA Hotel. Ku nkengero z’uwo muhanda ni ho abazungu bari batuye. Urusisiro rw’amazu bari batuyemo rwaheraga imbere y’ibiro bya teritwari –ahari resitora y’Abashinwa […]
Ikigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’Imiti n’Ibiribwa mu Rwanda, (Rwanda FDA), cyatangaje ko cyahagaritse itumizwa, icuruzwa no gukwirakwiza ku isoko ry’u Rwanda imiti yitwa Relief kuko itujuje ubuziranenge. Itangazo rya Rwanda FDA ryo ku wa 11 Kamena 2025 rigaragaza ko binyuze mu igenzura rihoraho ry’ubuziranenge bw’imiti iri ku isoko, yatahuye “imiti itemewe yitwa “RELIEF” y’ibinini iri […]
