O’Reilly yafashije Manchester City yegukana Carabao Cup itsinze Arsenal 2-0

3 minutes, 0 seconds Read

Ikipe ya Manchester City yegukanye igikombe cya mbere mu gihugu muri uyu mwaka wa shampiyona, itsinze Arsenal ibitego 2-0 ku mukino wa nyuma wa Carabao Cup wabereye kuri Wembley Stadium.

Umukinnyi witwaye neza muri uyu mukino yabaye Nico O’Reilly watsinze ibitego byombi mu minota ine gusa mu gice cya kabiri, ibintu byahesheje iyi kipe intsinzi ikomeye ndetse n’igikombe cya mbere kuva mu 2024.

Umukino watangiye Arsenal isatira cyane, ariko James Trafford, umunyezamu wa City, agakomeza kuyirokora akuramo amashoti ya Kai Havertz na Bukayo Saka. Icyakora, uko iminota yagiye ishira, City yatangiye kugenzura umukino.

Ku munota wa 60, amakosa akomeye ya Kepa Arrizabalaga yatumye umupira umucika mu biganza maze O’Reilly awushyira mu izamu n’umutwe. Nyuma y’iminota ine gusa, yongeye gutsinda igitego cya kabiri ku mupira mwiza wari uturutse kuri Matheus Nunes.

Nyuma y’ibi bitego, Arsenal ntiyashoboye kongera kwisuganya ngo igaruke mu mukino, bituma inzozi zayo zo kwegukana ibikombe bine muri uyu mwaka zisubikwa.

Umutoza wa Manchester City, Pep Guardiola, yavuze ko iki gikombe ari ingenzi cyane nyuma y’igihe kigoye ikipe ye yari imazemo, ashimangira ko gutsinda Arsenal byagaragaje imbaraga z’iyi kipe nshya.

Ku ruhande rwa Arsenal, umutoza Mikel Arteta yemeye ko amakosa yakozwe, ariko asaba abakinnyi be gukomeza kwiyubaka no gukura amasomo muri uyu mukino.

Iyi ntsinzi iha Manchester City icyizere gikomeye mu rugamba rwa shampiyona, mu gihe Arsenal igomba kongera kwitekerezaho mu mikino isigaye.

Ibitego:

  • O’Reilly (60’, 64’)

Manchester City yegukanye Carabao Cup ku nshuro ya gatanu ku ngoma ya Guardiola, ikomeza kwigaragaza nk’imwe mu makipe akomeye mu Bwongereza.

Nyuma yuyumukino Pep Guardiola yagize ati: “Ibi byari byihariye cyane.”

“Navuga iki? Buri gihe gutsinda igikombe ni ingenzi. Ariko iki cyari kidasanzwe kuko twari tumaze ibyumweru bibiri bigoye cyane, kandi by’umwihariko kubera uwo twari duhanganye,” yabwiye Sky.

Yakomeje agira ati: “Mu minota 15 ya mbere badushyizeho igitutu gikomeye cyane, ku buryo tutashoboraga no guhumeka. Nyuma yaho ni bwo twatangiye gukina neza, cyane cyane Jeremy na Rayan. Ndishimye cyane, ariko Mikel yubatse ikipe ikomeye cyane, hafi kudatsindwa.”

Ku bakinnyi be bakiri bato, yongeyeho ati:
“Iyo utangiye gutsinda kandi abakinnyi ari bato, bishobora gukomeza. Ndagomba kubanza kubamenya neza, kumenya uko bitwara mu bihe bitandukanye.

Ntekereza ko tuzakura amasomo kuri ibi nk’ikipe, kandi twizeye ko umwaka utaha tuzakora neza kurushaho.”

Arteta kuruhande rwe yagize ati:

“Ndashaka ko abakinnyi bagira icyerekezo cyagutse ku byabaye. Iyi kipe yakoze ibintu bitangaje mu mezi umunani ashize, kandi tugiye gukoresha aka gahinda n’umurava dufite kugira ngo tugire amezi abiri meza cyane kurusha ayandi twigeze tugira.

Ibyo biri kuri twe, tuzayobora neza iyo mbaraga. Ubu tugomba kunyura muri ubu bubabare n’agahinda, ni ibisanzwe kandi ni igice cy’umupira w’amaguru.

Twakinnye imikino 50 muri uyu mwaka. Iyo buri gihe gutsindwa cyangwa kunganya bihita biduca intege cyane, ntuba witeguye gukina imikino 70, kuko ibyo bibaho rimwe na rimwe.

Ntabwo twigeze tubyemerera ko bituganza, tugomba kubyerekana tukongera kubikora. Icyiza ni uko dufite amateka meza y’ukuntu ikipe yitwara nyuma y’ibihe nk’ibi, kandi nizeye ko tuzongera kubikora.”

“Umukino wari ufite ibihe bitandukanye. Mu gice cya mbere twagize amahirwe meza cyane, ndetse n’akomeye kurusha ayandi yose, kandi twari kuba twatsinze igitego cya mbere.

Icyo cyari guhindura uko umukino ugenze.

Mu gice cya kabiri, twagize ibibazo mu minota 20 ya mbere, by’umwihariko mu gusohoka neza mu bwugarizi, gushyira igitutu ku mukeba no kugenzura umupira neza nk’uko bisanzwe.

Twatsinzwe igitego mu buryo tutari twiteze, hanyuma nyuma y’iminota itatu bongera gutsinda mu buryo busa.

Rimwe na rimwe ugomba guha agaciro uwo muhanganye—bo bakoresheje neza amahirwe yabo igihe bari bari hejuru, twe ntitwabikoze.”

O’Reilly witwaye neza muri uyumukino
Pep utoza Man city yegukanye igikombe
Man city yegukanye carabao 2026

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *