Ese iyi yaba ari season yanyuma Cristiano Ronaldo akina umupira nkuwabigize umwuga?

author
2 minutes, 17 seconds Read

Cristiano Ronaldo yatanze ikimenyetso gikomeye kurusha ibindi byose cyerekana ko umwe mu bakinnyi bakoze amateka akomeye mu mupira w’amaguru ashobora kuba ari hafi gusezera.

Mu kiganiro yagiranye na Vogue cyasohotse ku Cyumweru, uyu mukinnyi w’Umunya-Portugal w’imyaka 41, akaba na kapiteni wa Al-Nassr, yavuze ko iyi shampiyona ishobora kuba ari iya nyuma akina umupira w’amaguru, anagaragaza uko ateganya kubaho nyuma yo kuwusezeraho.

Ronaldo yagize ati: “Birashoboka cyane ko uyu ari umwaka wanjye wa nyuma nkiri umukinnyi w’umupira w’amaguru, kandi ndifuza gusiga umurage udasanzwe.”

Yakomeje avuga ko yamaze gutegura neza ubuzima bwe nyuma y’imyaka hafi 25 amaze akina ku rwego rwo hejuru.

Yagize ati: “Mfite ibintu byinshi nzajya nkora ku buryo kugena kimwe gusa byaba bigoye. Umupira w’amaguru ushobora gusiga icyuho kinini mu buzima bwawe, bityo ugomba gushaka ibintu byinshi byo gukora. Ndashaka kumarana igihe kinini n’umuryango wanjye, gutembera, gukina no kureba umukino wa padel nkunda cyane, no gukomeza kwishimira ibyo nagezeho n’umuryango wanjye.”

Aya magambo aje nyuma y’iminsi mike Ronaldo asezeranye n’umukunzi we bamaze igihe kinini babana, Georgina Rodríguez, mu muhango wabereye i Cascais muri Portugal ku wa 11 Kanama 2026.

Uyu muhango wabaye mu ibanga kandi witabiriwe n’abana babo batanu. Wabaye kandi ku isabukuru y’imyaka 10 ishize Ronaldo na Georgina bahuye bwa mbere, nyuma y’umwaka umwe gusa batangaje ko bemeranyije kurushinga.

Ronaldo yasangije abakunzi be ifoto yerekana amaboko yabo yambaye impeta z’ubukwe.

Nubwo Ronaldo ari gutekereza ku buzima bwo gusezera, aracyafitanye amasezerano na Al-Nassr azageza muri Kamena 2027, nyuma yo kuyongera mu 2025.

Kugeza ubu, Ronaldo amaze gutsinda ibitego 976 mu mwuga we wose, akaba asigaje ibitego 24 kugira ngo agere ku ntego idasanzwe yo gutsinda ibitego 1,000.

Uyu mukinnyi watwaye Ballon d’Or inshuro eshanu akaba na kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Portugal, yamaze gutangaza ko Igikombe cy’Isi cya 2026, aho Portugal yasezerewe na Espagne muri 1/8, ari cyo gikombe cya nyuma gikomeye yakiniye igihugu cye.

No mu biganiro yigeze kugirana na Piers Morgan mu mpera za 2025, Ronaldo yari yatangaje ko asezera vuba, kandi ko ashaka gushyira imbere umuryango we ndetse n’ibindi akunda kuruta gukomeza guhora mu bikorwa bifitanye isano n’umupira w’amaguru.

Yanavuze ko adateganya kuba umutoza, ahubwo ko ashishikajwe n’ubucuruzi ndetse n’indi mikino akunda, harimo padel no kureba imikino ya UFC.

Aya makuru yakiriwe n’amarangamutima menshi ku bakunzi b’umupira w’amaguru hirya no hino ku isi, aho benshi bavuga ko bishobora kuba iherezo ry’ibihe bidasanzwe byaranze umwe mu bakinnyi b’ibihe byose.

Abafana bakomeje gushimira Ronaldo ku muhate, kuramba mu mupira w’amaguru no gukomeza kwitwara neza no mu myaka 40 y’amavuko, ndetse no ku mateka yanditse mu Bwongereza, muri Espagne, mu Butaliyani no mu ikipe y’igihugu ya Portugal.

Mu gihe shampiyona ya 2026-2027 itangiye, Ronaldo arifuza gusoza umwuga we mu buryo budasanzwe muri Al-Nassr. Nubwo yakoresheje ijambo “birashoboka”, biragaragara ko yatangiye gutegura ubuzima bwe nyuma yo gusezera ku mupira w’amaguru, aho azibanda ku muryango we, gutembera no gukora ibintu akunda.

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *