Uwimana Clarisse yatorewe kuba Visi Perezida w’ikipe yahoze yitwa AS Kigali

author
1 minute, 27 seconds Read

Umunyamakuru Uwimana Clarisse yagizwe Visi Perezida wa AS Kigali yahinduriwe izina ikitwa Kigali Football Club, asimbura Kankindi Anne-Lise.

Uwimana uzaba wungirije Perezida wa Kigali FC, Rindiro Jean Chrysostome, asanzwe ari umunyamakuru wa B&B Kigali FC ariko yanakoreye izindi radiyo zirimo City Radio, Contact FM, Flash FM, Radio 10 na Vision FM.

Uretse kuvuga umupira no kuwuyobora, Uwimana Clarisse yanakinnye umupira w’amaguru aho yazamukiye mu ikipe y’abato ya AS Kigali WFC ubundi akinira amakipe arimo APAER WFC yanabereye kapiteni, Citizen WFC yo muri Uganda, Source de Kivu yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, APR WFC ndetse n’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda.

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 16 Kanama 2026, ni bwo habaye Inteko Rusange y’iyi Kipe y’Umujyi wa Kigali, irimo ingingo zo kuzuza inzego za Komite Nyobozi yatowe mu 2025, iyobowe na Rindiro Jean Chrysostome.

Inteko Rusange yemeje ko Uwimana Clarisse ari we Visi Perezida Wungirije wa AS Kigali, akazafatanya n’abandi kuyobora iyi kipe mu cyerekezo gishya cyayo nyuma y’uko ari yo gusa isigaranywe n’Umujyi wa Kigali.

Iyi kipe kandi ntizongera kwitwa AS Kigali nk’izina yahawe nyuma yo kuva ku ryo yitwaga mbere rya Les Citadins, kuko kugeza ubu izitwa Kigali Football Club.

Yabaye umukinnyi mu makipe arimo AS Kigali WFC, ndetse n’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abagore.

Uwimana Clarisse usanzwe uri muri komisiyo ishinzwe iterambere ry’umupira w’amaguru w’abagore mu Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda (FERWAFA), ni umwe mu banyamakuru ba siporo babimazemo igihe.

Kugeza ubu akorera B&B FM Kigali kuva muri Nyakanga 2020, aho uretse ibiganiro by’imikino no kogeza umupira, akora n’ibiganiro by’imyidagaduro bitambuka kuri iyi radio.

Ibindi bitangazamakuru yakozeho birimo City Radio, Contact FM, Flash FM, Radio 10 na Vision FM.

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *