FERWAFA yatanze impushya ku makipe azakina shampiyona ya BK Pro League 2026-2027

author
1 minute, 6 seconds Read

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA ryatangaje ibyavuye mu isuzuma ryakozwe ku makipe yasabye impushya zo kwitabira shampiyona ya BK Pro League 2026-2027.

Iri suzuma ryakozwe n’Urwego rwa FERWAFA rushinzwe gutanga impushya ku makipe Club Licensing First Instance Body, rwateranye kuva ku wa 12 kugeza ku wa 14 Kanama 2026, rugamije kureba niba amakipe yujuje ibisabwa mu bijyanye na siporo, ibikorwa remezo, imiyoborere, amategeko n’imari.

Nyuma y’iri suzuma, amakipe 14 yemerewe gukina shampiyona nta bihano ahawe, mu gihe andi makipe abiri yemerewe gukina ariko ahabwa ibihano.

Amakipe yemerewe gukina nta bihano ni APR FC, Rayon Sports FC, Gasogi United, Musanze FC, Marines FC, Etoile de l’Est FC, AS Kigali, Police FC, Sunrise FC, Gicumbi FC, Mukura VS&L, Gorilla FC, Bugesera FC na Amagaju FC.

Ku rundi ruhande, Etincelles FC na Kiyovu Sports FC byahawe impushya zo gukina ariko binahabwa ibihano.

Etincelles FC yahanwe kubera kutitabira amarushanwa y’abato yari ategetswe kwitabira, mu gihe Kiyovu Sports FC yahanwe kubera imyenda itarishyurwa ibereyemo abahoze ari abakozi bayo.

Kuri aya makipe hiyongeraho na Al Merrikh na Al Hilal SC yo muri Sudani y’Epfo, yasabye gukina muri Shampiyona y’u Rwanda.

FERWAFA yashimiye amakipe yose yahawe impushya zo gukina ndetse inayifuriza kuzitwara neza muri shampiyona ya BK Pro League 2026-2027 iteganyijwe gutangira mu minsi iri imbere.

itangazo rigenewe abanyamakuru

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *