Umufaransa Karim Benzema yinjiye muri Al-Hilal avuye muri mukeba wayo Al Ittihad.

2 minutes, 21 seconds Read

Karim Benzema yinjiye muri Al Hilal avuye muri mukeba wayo muri Saudi Pro League, Al Ittihad. Uyu rutahizamu w’Umufaransa ufite imyaka 38, yari yarasinye amasezerano y’imyaka itatu muri Al Ittihad avuye muri Real Madrid mu mpeshyi ya 2023, aho amasezerano ye muri iyi kipe yo mu mujyi wa Jeddah yari ateganyijwe kurangira muri Kamena 2026.

Karim Benzema afatwa nk’umwe mu bakinnyi bakomeye ku Isi, kuko yagize uruhare mu kwegukana ibikombe 34 mu makipe atandukanye yakiniye. Muri byo harimo Igikombe cy’isi cy’ama club cya FIFA inshuro eshanu, UEFA Champions League inshuro eshanu, n’ibikombe bine bya La Liga yatwaranye na Real Madrid. Yanatwaye kandi ibikombe bine bya Ligue 1 ari kumwe na Lyon.

Benzema yanakiniye ikipe y’igihugu y’u Bufaransa imikino 97, yatwaranye nayo UEFA Nations League anayihesha kwitabira Igikombe cy’Isi cyo muri Qatar 2022.

Ku rwego rwe bwite, Karim yegukanye Ballon d’Or ndetse n’igihembo cy’umukinnyi mwiza i Burayi, anaba uwatsinze ibitego byinshi mu marushanwa mpuzamahanga atandukanye.

Ikipe yo mu Bufaransa Lyon, ari na yo Benzema yakuriyemo akiri muto, yagerageje kumugarura muri Mutarama 2024 nyuma y’uko atari kumwe n’ikipe mukiruhuko hagati muri shampiyona muri Arabie Saoudite. Icyo gihe, Benzema yari yagiye mu biruhuko atabiherewe uruhushya, nyuma aza gutinda kugaruka mu ikipe.

Nubwo yagumye muri Al Ittihad nyuma y’uko isoko ry’igura n’igurisha ryo muri iyo mpeshyi rifunze, hagati ye n’ikipe ibibazo byakomeje kuba urujijo.

Benzema yari kapiteni wa Al Ittihad yayutsindiye ibitego 54 mu mikino 83 kuva yagera muri iyo kipe avuye i Madrid. Uyu wahoze ahagarariye ikipe y’igihugu y’u Bufaransa yari mu bakinnyi benshi bakomeye bavuye mu mupira w’amaguru w’i Burayi berekeza muri Arabie Saoudite mu mpeshyi ya 2023, nyuma y’uko Ikigega cy’Igihugu gishinzwe Ishoramari (Public Investment Fund) gishoye amafaranga mumakipe ane akomeye yo muri icyo gihugu: Al Ittihad, Al Nassr, Al Hilal na Al Ahli.

Mu bakinnyi Al Ittihad yaguze muri iyo mpeshyi harimo abakina hagati N’Golo Kanté wavuye muri Chelsea na Fabinho wavuye muri Liverpool, ariko Benzema yumvaga ko abaje muri iyo kipe batari bahagije. Muri Mata 2024, yanenze ku mugaragaro politiki y’igurwa n’igurishwa ry’abakinnyi rya Al Ittihad, avuga ko “akeneye abandi bakinnyi”. Nubwo bimeze bityo, Al Ittihad yatwaye igikombe cya Saudi Pro League mu mwaka w’imikino wa 2024–2025.

Igihe Benzema yajyaga muri Al Ittihad, yagizwe Ambasaderi wa Saudi Arabia mu rugendo rw’iki gihugu rwo gusaba kwakira Igikombe cy’Isi cya 2034, umushinga wabo ukaba waraje gucamo.

Muri uyu mwaka w’imikino, Al Ittihad iri ku mwanya wa gatandatu muri SPL nyuma yo gukina imikino 19, ikaba irushwa amanota 12 na Al Hilal iri ku isonga, ifite n’umukino umwe utarakina. Ikipe ya Al Hilal arinayo Benzema yerekejemo, irimo abakinnyi bamenyerewe barimo uwahoze akina muri Wolverhampton Wanderers, Rúben Neves, uwahoze ari rutahizamu wa Liverpool, Darwin Núñez, ndetse n’umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Maroc, Yassine Bounou.

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *