Polisi yo mu gace ka Colombes, mu Bufaransa, yatangaje ko yateguye igisasu cyari gisigaye mu gihe cy’Intambara ya Kabiri y’Isi, cyari cyabonetse ahakorerwaga imirimo y’ubwubatsi.
Iki gisasu cyabonetse ku wa 10 Mata 2026, ubwo abakozi bari mu bikorwa byo kubaka babonaga ikintu bakekaga ko gishobora guteza ibyago, bahita bamenyesha inzego z’umutekano. Nyuma yo kugenzura, byemejwe ko ari igisasu cya kera cyari kigifite ubushobozi bwo guteza impanuka.
Mu rwego rwo kurinda ubuzima bw’abaturage, polisi yasabye abatuye mu ntera ya metero 450 kwimuka by’agateganyo, mu gihe abari kure ho gato nabo bagirwa inama yo kuguma mu nzu zabo. Ibi byakozwe mu rwego rwo kwirinda ingaruka zishoboka mu gihe cyo kugitegura.
Ku wa 19 Mata 2026, inzego z’umutekano zakoze igikorwa cyo kugituritsa mu buryo bugenzurwa neza, nyuma yo gusanga uburyo busanzwe bwo kugitegura butashoboka. Iki gikorwa cyagenze neza nta muntu cyangwa ibikorwa remezo byangiritse.
Nyuma y’iki gikorwa, abaturage bari basabwe kwimuka bahise bemererwa gusubira mu ngo zabo, ubuzima busubira mu buryo busanzwe.
Nubwo hashize imyaka irenga 80 Intambara ya Kabiri y’Isi irangiye, ibihugu byinshi byo mu Burayi bikomeje kubona ibisasu byasigaye biteze mu butaka. Ibi bikunze kugaragara cyane mu gihe hakorwa imirimo y’ubwubatsi, bigasaba ubwirinzi bukomeye kugira ngo hirindwe impanuka.
Mu rwego rwo gukomeza umutekano w’abaturage, inzego zibishinzwe zikomeza gukurikirana no gutabara byihuse aho ibisasu nk’ibi bigaragaye, bikagaragaza ko n’ubu hakiri ibisigisigi by’ingaruka z’intambara z’amateka.

