Igikombe cy’Isi cya FIFA ni cyo gikorwa cya siporo gikurikiranwa cyane kurusha ibindi ku isi, kikaba ari ibirori by’umupira w’amaguru biba buri myaka ine, bikarenza imipaka, imico n’ibisekuru. Kuva cyatangira mu buryo buciriritse mu 1930, iri rushanwa ryavuye ku makipe 13 gusa rigera ku birori bikurikiranwa n’amamiliyari y’abantu, birangwa n’ibyamamare by’umupira, ibihe bitazibagirana by’ubuhanga n’umurage ukomeye mu muco w’isi.
Umufaransa Jules Rimet, wari Perezida wa FIFA, ni we washyigikiye igitekerezo cyo gushyiraho irushanwa ry’isi ryigenga riruta imikino Olempike. Uruguay, yari imaze gutwara imidali ibiri ya zahabu mu mupira w’amaguru mu Mikino Olempike kandi yizihiza imyaka 100 y’ubwigenge bwayo, yakiriye irushanwa rya mbere.
Amakipe 13 gusa ni yo yaryitabiriye amenshi avuye muri Amerika y’Epfo, hamwe n’amakipe make y’i Burayi yakoze urugendo rurerure rwambuka Inyanja ya Atlantique mu gihe cy’ihungabana rikomeye ry’ubukungu ku isi.
Dore amakuru y’ingenzi yo mu gikombe k’isi cyo mu 1930, Igitego cya mbere: Lucien Laurent (u Bufaransa), Hat-trick ya mbere: Bert Patenaude (USA), Umukino wa nyuma: Uruguay 4–2 Argentina kuri Estadio Centenario, Montevideo (abafana bagera ku 93,000)
Uruguay yabaye niyo yabimburiye andi, itangiza umurage ukomeje kugeza n’uyu munsi.
Irushanwa ryakomeje kwaguka ariko rihura n’imbogamizi. Ubutaliyani bwakiriye kandi butwara igikombe mu 1934 mu gihe cy’ubutegetsi bwa Mussolini ndetse bugisubirana mu 1938 mu Bufaransa.
Intambara ya Kabiri y’Isi yose yatumye amarushanwa yo mu 1942 na 1946 aseswa.
Irushanwa rya 1950 ryabereye muri Brazil abamaracanazo babonye Uruguay itsinda Brazil yari yakiriye irushanwa ibitego 2–1 imbere y’abafana bagera hafi ku 200,000 muri Stade Maracanã kimwe mu byatunguranye bikomeye kurusha ibindi mu mateka ya siporo.
Mu 1954 u Budage bw’Uburengerazuba bwatsinze ikipe ikomeye cyane ya Hongiriya yitwaga Magical Magyars ibitego 3–2 ku mukino wa nyuma, biba ikimenyetso cyo kongera kwiyubaka nyuma y’intambara y’isi ya kabiri.
Mu 1958 Pelé w’imyaka 17 gusa yigaragaje ku rwego rw’isi ubwo Brazil yegukanaga igikombe cyayo cya mbere muri Suwede, itsinze igihugu cyari cyakiriye irushanwa ibitego 5–2 ku mukino wa nyuma. Just Fontaine akora agahigo k’ibitego 13 mu irushanwa rimwe kacyiriho kugeza ubu.
Brazil yigaruriye isi yose ikina umupira mwiza kandi ushimisha. Yatwaye igikombe mu 1962 muri Chili nubwo Pelé yari yavunitse hakiri kare, hanyuma iza gutanga imwe mu makipe meza kurusha ayandi yose mu 1970 muri Mexico.
Abakinnyi nka Pelé, Jairzinho, Tostão, Gerson na Carlos Alberto berekanye umupira w’ubusatirizi mu buryo bwawo bwiza cyane.
Intsinzi ya Brazil y’ibitego 4–1 ku Butaliyani ku mukino wa nyuma yayihesheje igikombe cya gatatu, bituma ihabwa burundu igikombe cya Jules Rimet.
Mu 1966 igihugu cyakiriye irushanwa cyanatwaye igikombe cyacyo rukumbi, nyuma y’igitego cya gatatu cya Geoff Hurst cyateje impaka mu minota y’inyongera imbere y’u Budage bw’Uburengerazuba.
Mumyaka ya 1974 na 1978 ikipe y’u Buholandi yakinaga Total Football yageze ku mikino ya nyuma ibiri ikurikiranye ariko iyitsindwamo yose. U Budage bw’Uburengerazuba bwagitwaye mu 1974 na Argentina mu 1978 ni byo byegukanye ibikombe.
Mu 1974 hatangijwe igikombe gishya cya FIFA World Cup.
Mu 1986 muri Mexico irushanwa rya Diego Maradona. Igitego cye cyiswe “Hand of God” n’ikindi cyiswe “Goal of the Century” yatsinze u Bwongereza muri 1/4 by’umukino byamugize umugani mu mupira w’amaguru. Argentina yatsinze u Budage bw’Uburengerazuba ku mukino wa nyuma.
Mu 1990 m’Ubutaliyani irushanwa ryaranzwe n’umupira wo kwirwanaho; u Budage bw’Uburengerazuba butsinda Argentina 1–0 ku mukino wa nyuma.
Mu 1994 bwa mbere ryabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Brazil yatsinze Ubutaliyani kuri penaliti nyuma y’umukino warangiye ari 0–0. Penaliti ya Roberto Baggio yahushije yabaye imwe mu mashusho atazibagirana mu mateka.
Mu 1998 u Bufaransa bwakiriye irushanwa buyobowe na Zinedine Zidane bwanyagiye Brazil 3–0 ku mukino wa nyuma. Irushanwa ryaguwe rigera ku makipe 32.
Mu 2002 bwa mbere irushanwa ryabereye k’umugabane wa Asia Ubuyapani/Koreya y’Epfo baba aribo baryakira. Brazil yegukanye igikombe cya gatanu, ari nabyo ifite kugeza ubu.
Mu 2006 m’u Budage Ubutaliyani bwatsinze U Bufaransa kuri penaliti mu mukino wa nyuma waranzwe n’igikorwa kizwi cyane cya Zidane cyo gukubita umutwe Marco Materazzi.
Mu 2010 muri Afurika y’Epfo bwa mbere Igikombe cy’Isi cyabereye muri Afurika. Umupira wa “tiki-taka” wa Espagne watsinze, Andrés Iniesta atsinda igitego cy’intsinzi mu minota y’inyongera imbere y’u Buholandi. “Waka Waka” n’amavuvuzela byabaye ibimenyetso by’umuco by’iri rushanwa.
Mu 2014 muri Brazil u Budage bwanyagiye Brazil ibitego 7–1 muri 1/2 (“Mineirazo”). Nyuma bwatwaye igikombe butsinda Argentina 1–0 ku mukino wa nyuma.
Mu 2018 m’u Burusiya uBufaransa bwari bufite ikipe y’abasore bato bayobowe na Kylian Mbappé bwatsinze Croatia 4–2 ku mukino wa nyuma.
Mu 2022 muri Qatar umukino wa nyuma ufatwa na benshi nk’uwabaye mwiza kurusha indi yose mu mateka. Argentina na U Bufaransa banganyije 3–3 nyuma y’iminota y’inyongera. Lionel Messi yaje kuzamura igikombe nyuma yo gutsinda kuri penaliti 4–2. kuri benshi, uyu mukino warangije impaka ku mupano Messi, umushyira ku rwego rumwe na Pelé na Maradona.
Abegukanye Igikombe Cy’Isi (1930–2022)
| Ibikombe | Igihugu | Imyaka |
|---|---|---|
| 5 | Brazil | 1958, 1962, 1970, 1994, 2002 |
| 4 | U Budage | 1954, 1974, 1990, 2014 |
| 4 | Ubutaliyani | 1934, 1938, 1982, 2006 |
| 3 | Argentina | 1978, 1986, 2022 |
| 2 | U Bufaransa | 1998, 2018 |
| 2 | Uruguay | 1930, 1950 |
| 1 | U Bwongereza | 1966 |
| 1 | Espagne | 2010 |
Igikombe cy’Isi cyasize ibimenyetso bidashobora gusibangana: Ishema ry’ibihugu rirazamuka; rihuza abantu kandi rimwe na rimwe rikabacamo ibice.
Ubuhanga bwa Maradona, ibyishimo bya Pelé, ubwiza bwa Zidane (n’igikorwa cye cyo gukubita umutwe), ikuzo rya Messi, imbyino za Roger Milla n’inkuru z’amakipe mato nka Cameroon (1990) cyangwa Maroc (2022).
Ryagaragaje ibibazo bitandukanye kuva ku bikorwa byo kwamagana apartheid kugeza ku bibazo by’uburenganzira bwa muntu muri iki gihe.
Kuva kuri televiziyo mu 1954 kugeza kuri VAR, kwagura amakipe no kurushaho guha amahirwe abantu benshi.
Irushanwa ryuyumwaka wa 2026 rizakirwa na Canada, Mexico na Leta Zunze Ubumwe za Amerika rizaba rinini kurusha ayandi yose, rifite amakipe 48 n’imikino 104.
Rizatangira ku wa 11 Kamena kugeza ku wa 19 Nyakanga, naho umukino wa nyuma uzabera kuri Stade MetLife muri New Jersey.
Iri rushanwa riteganya kugera ku bantu benshi kurusha mbere hose kandi rizizihiza urugendo rurerure rw’ihindagurika ry’Igikombe cy’Isi.
Kuva ku ihuriro rito ryabereye muri Amerika y’Epfo kugeza ku birori by’isi yose, Igikombe cy’Isi cya FIFA kigaragaza ishyaka, ukwihangana, ubuhanga n’ururimi ruhuriweho rw’umupira w’amaguru.
Buri myaka ine, kitwibutsa impamvu umupira w’amaguru witwa Umukino Mwiza Kurusha Indi. Mugikombe cy’Isi si irushanwa gusa ni ahavukira ibyamamare, inzozi zikabaho, kandi isi yose ikahurira hamwe nk’umuryango umwe.
