Urukiko rwasubitse urubanza rwa Adolphe Kalisa ‘Camarade’ ukurikiranyweho kunyereza umutungo w’Amavubi

2 minutes, 19 seconds Read

Urukiko Rukuru rwa Kigali rwasubitse iburanisha ry’urubanza ubushinjacyaha buregamo Adolphe Kalisa, uzwi nka Camarade, wahoze ari umuyobozi mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA). Kalisa araburana asaba kurekurwa by’agateganyo mu gihe agitegereje kuburanishwa mu mizi ku byaha akurikiranyweho birimo kunyereza umutungo no gukora inyandiko mpimbano.

Ibi byaha byose bikaba bifitanye isano n’imikoreshereze y’amafaranga yagenewe ingendo z’Ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru, Amavubi, mu gihe uyu mugabo yari mu buyobozi.

Iburanisha ryari riteganyijwe kuri uyu wa Mbere, tariki ya 22 Kamena 2026, ntabwo ryabaye imiryango y’urukiko igifunguye. Amakuru ava mu rukiko aremeza ko iri subikwa ryatewe n’uko umucamanza wari kuriburanisha yagize izindi nshingano z’akazi zitunguranye kandi zihutirwa.

Urukiko rwahise rwemeza ko uru rubanza ruzasubukurwa kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 23 Kamena 2026, ari bwo hazasuzumwa ubusabe bw’uyu muregwa n’umwunganizi we mu mategeko ku bijyanye n’uburenganzira bwo kuburana ari hanze.

Ubu busabe buje bukurikira umwanzuro wo muri Nzeri 2025, na bwo wari wanzwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo. Urukiko rwari rwemeje ko Kalisa aguma gufungwa by’agateganyo kubera uburemere bw’ibyaha n’impungenge z’uko ashobora kubangamira iperereza.

Mu miburanishirize yabanje, ubushinjacyaha bwagaragaje ko Kalisa yahinduye imiterere y’inyandiko z’imikoreshereze y’amafaranga yakoreshejwe mu ngendo mpuzamahanga z’Amavubi.

Kalisa arashinjwa kunyereza amadolari ya Amerika $43,000 yari yaragenewe icumbi ry’ikipe muri Hotel Ibom na Golf Resort zo mu Mujyi wa Uyo muri Nigeria. Ubushinjacyaha buvuga ko nyuma yo kugaruka i Kigali, Kalisa yagaragaje ko amafaranga yose yakoreshejwe, ariko raporo z’ubugenzuzi zikaza kwerekana ko hari amafaranga menshi atagira ibisobanuro.

Ubushinjacyaha kandi bumushinja gukuba kabiri ibiciro by’aho ikipe yagombaga gucumbika. Bwatanze urugero rw’uko yatanze inyandiko zigaragaza ko icumbi ryatwaye amadolari $56,320, mu gihe hotel ubwayo yari yasabye amadolari $26,000 gusa.

Ubushinjacyaha bwifashishije ubuhamya bwa Désiré Niyitanga, bugaragaza amakenga ku madolari $35,000 Kalisa yatangaje ko yakoreshejwe muri hotel, bukemeza ko iyi mibare ihabanye kure n’ayakoreshejwe mu by’ukuri.

Uretse kunyereza umutungo, Adolphe Kalisa anashinjwa gukora n’izindi nyandiko mpimbano harimo n’izifitanye isano n’urugendo rwa Nigeria. Ubushinjacyaha bwerekanye ko uyu mugabo yavuze ko hari n’amafaranga yahaye umugabo witwa Kenani, akamwita umukozi w’Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), ibintu ubushinjacyaha buvuga ko ari ikinyoma cyakozwe mu rwego rwo guhisha ukuri.

Mu kwiregura kwe, Adolphe Kalisa ‘Camarade’ yahakanye ibi byaha byose uko byakabaye. Yabwiye urukiko ko inshingano ze zose z’akazi zanyuze mu mucyo, akavuga ko uwo mukozi wa FIFA (Kenani) yari amwizeye cyane ku buryo nta mpamvu yari afite yo gukeka ko harimo amakosa cyangwa uburiganya.

Umunyamategeko we, Me Emmanuel Bizimana, yagaragarije urukiko ko umukiliya we yiteguye gutanga ingwate ifite agaciro gahanitse mu rwego rwo kwerekana ko afite ubushake bwo kuburana atatorotse ubutabera.

Urubanza ruzasubukurwa kuri uyu wa 23 Kamena 2026, ari bwo hazamenyekana niba urukiko ruribwembere ubu busabe bwo gutanga ingwate agacyurwa mu rugo cyangwa niba azaguma gufungwa.

Camarade ukurikiranyweho kunyereza umutungo wa FERWAFA

About The Author

author

Horace Gates

I'm Imazirungu Horace a dedicated Journalist. I'm Rwandan Delivering breaking news, growing our community

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *