Ikipe y’u Bufaransa yahamagaye abakinnyi izakoresha mu gikombe cy’Isi 2026 bikomeje kuvugisha abantu benshi

author
1 minute, 58 seconds Read

Kumugoroba wo kuwa Kane tariki 14 Gicurasi 2026 Didier Deschamps yatangaje urutonde rwa nyuma rw’abakinnyi 26 bazahagararira u Bufaransa mu Gikombe cy’Isi 2026, urutonde rugaragaramo abakinnyi benshi mu busatirizi buyobowe na Kylian Mbappé, ariko hafashwe icyemezo gikomeye cyo gusiga hanze umukinnyi wo hagati wa Real Madrid, Eduardo Camavinga.

Iri tangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Kane, rituma ikipe y’u Bufaransa (Les Bleus) ifatwa nk’imwe mu zizahatanira igikombe, mu irushanwa rizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexique. Deschamps, uzava ku mwanya w’umutoza nyuma y’iri rushanwa nyuma y’igihe kirekire atoza iyi kipe, yahuje ubunararibonye n’impano nshya ziri kuzamuka.

U Bufaransa bufite abakinnyi benshi kandi bafite ubuziranenge mu busatirizi. Kylian Mbappé, ubu ukinira Real Madrid, ayoboye abandi barimo:

  • Ousmane Dembélé ukinira PSG, wegukanye Ballon d’Or ya 2025
  • Michael Olise akinira Bayern Munich
  • Marcus Thuram akinira Inter Milan
  • Désiré Doué akinira PSG
  • Rayan Cherki akinira Manchester City
  • Bradley Barcola akinira PSG
  • Jean-Philippe Mateta akinira Crystal Palace
  • Maghnes Akliouche akinira Monaco

Aba bakinnyi batuma Deschamps agira amahitamo menshi mu kurema uburyo bwo gutsinda ibitego, mu gihe u Bufaransa bushaka kurushaho gukora neza ugereranyije nigikombe cy’isi cyo mu 2022 aho batsindiwe k’umukino wa nyuma na Argentine.

Inkuru ikomeye ni mubakinnyi bakinira mu kibuga hagati aho Eduardo Camavinga atahamagawe mu ikipe. Uyu mukinnyi w’imyaka 23 yagize ibihe bitoroshye kubera imvune nyinshi zatumye adahozaho.

Deschamps yagize ati:
“Camavinga avuye mu bihe bigoye aho atabashije kugaragaza urwego ruri hejuru kubera imvune nyinshi. Aracyari muto, ariko nagombaga gufata imyanzuro ikomeye hashingiwe ku buryo nshaka kubaka ikipe.”

Hagati harimo: N’Golo Kanté, Aurélien Tchouaméni, Warren Zaïre-Emery, Adrien Rabiot, Manu Koné

Ubwugarizi burimo abakinnyi bakomeye nka: William Saliba, Dayot Upamecano, Jules Koundé, Ibrahima Konaté, Théo Hernández na Lucas Hernández, harimo n’uwatunguye benshi ariwe Maxence Lacroix.

Abanyezamu ni: Mike Maignan, Brice Samba, na Robin Risser.

Dore bamwe mu bakinnyi batahamagawe kandi bari basanzwe bifashishwa n’ikipe y’u Bufaransa mu Gikombe mumikino itandukanye: Eduardo Camavinga, Khéphren Thuram, Corentin Tolisso, Randal Kolo Muani, El Junior Kroup, iFlorian Thauvin, Esteban Lepaul, Pierre Kalulu.

U Bufaransa buri mu itsinda rya A buzahura na Senegal tariki ya 16 Kamena kuri Stade ya MetLife i New York/New Jersey. Bazahura kandi na Iraq na Norway.

Ikipe izahurira i Clairefontaine ku wa 29 Gicurasi mbere yo kwerekeza muri Amerika y’Amajyaruguru.

Dore abakinnyi ikipe y’igihugu y’ubufaransa izifashisha muikombe k’isi cya 2026

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *