FIFA world cup 2026: Kuba Folarin Balogun yarahawe uburenganzira bwo gukina ntibyafashije USA kwigobotora Ububiligi

author
3 minutes, 50 seconds Read

U Bubiligi bwanyagiye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kimwe mu bihugu byakiriye Igikombe cy’Isi, ibitego 4-1 mumukino wabereye i Seattle ku wa 7 Nyakanga 2026, bunabona itike yo gukina na Espagne muri 1/4 cy’irangiza ku wa Gatanu i Los Angeles.

Charles De Ketelaere yatsinze ibitego bibiri mbere y’uko igice cya mbere kirangira, Hans Vanaken na Romelu Lukaku bongeraho ibindi bibiri mu gice cya kabiri, bituma u Bubiligi butsinda Leta Zunze Ubumwe za Amerika ibitego 4-1 bukagera muri 1/4 cy’irangiza aho buzahura na Espagne.

Kuba Folarin Balogun yarakuriweho ibihano by’ikarita itukura akemererwa gukina byagaragaye ko byagize ingaruka mbi aho kuba nziza ku ikipe ye, kuko Amerika yakinnye umukino uri hasi cyane maze itsindwa bikomeye n’u Bubiligi, bituma inzozi zayo zo gukomeza mu Gikombe cy’Isi zirangirira aho.

Impaka nyinshi zakurikiye icyemezo cya FIFA cyo guhagarika ibihano bya Balogun ndetse n’uruhare rwa Donald Trump muri icyo cyemezo, nubwo byavugwaga ko inzira yari yigenga, byagaragaye nk’ibyongereye imbaraga u Bubiligi ariko bishyira igitutu gikomeye ku gihugu cyari cyakiriye iri rushanwa. Mu ijoro ritari ryoroshye i Seattle, u Bubiligi bwabonye itike ya 1/4 cy’irangiza buzahuramo na Espagne.

Ikipe y’u Bubiligi yatangiye umukino iri hejuru cyane. Mu munota wa mbere gusa, Timothy Castagne yahatiye Matt Freese gukora umupira ukomeye, mu gihe Balogun atakoze byinshi kuko yakoze ku mupira inshuro 11 gusa mu gice cya mbere.

Amerika ntiyagaragaje imikinire isanzwe iranga amakipe atozwa na Mauricio Pochettino. Yakinnye yitinya kandi amakosa akomeye yakozwe n’abakinnyi bayo mu bwugarizi kuri buri gitego cyose cy’u Bubiligi ni yo yasenye burundu inzozi zayo zo gukomeza.

Ku gitego cya mbere cya Charles De Ketelaere, abakinnyi batatu ba Amerika batindije gukuraho umupira wari utewe na Leandro Trossard, bituma Nicolas Raskin awugeraho mbere awuhereza De Ketelaere atsinda byoroshye.

Nyuma y’ikiruhuko cyo kunywa amazi cya mbere, Amerika yishyuye igitego binyuze kuri kufura ya Malik Tillman yahinduwe icyerekezo n’umukinnyi w’u Bubiligi. Cyari ishoti ryayo rya mbere ryari rigana mu izamu mu gice cya mbere. Ariko nyuma y’amasegonda 116 gusa, yongeye gukora ikosa, De Ketelaere atsinda umutwe ku mupira mwiza wari uzamuwe na Trossard ku ipoto ya kure.

Pochettino yagerageje gukangura ikipe ye mu kiruhuko, ariko igihe yasaga n’igiye kongera kwinjira mu mukino, yongeye kwisenyera. Matt Freese yafatiwe n’umupira hanze y’urubuga rw’amahina, Hans Vanaken wari winjiye asimbuye atera ishoti rya kure ryanyuze kuri Tim Ream wari ugerageje kuwukuraho, maze u Bubiligi butsinda igitego cya gatatu.

Igitego cya kane cya Romelu Lukaku cyabonetse mu minota y’inyongera nyuma y’ikosa rikomeye rya Chris Richards, ariko icyo gihe inzozi za Amerika zari zararangiye. Byatumye hibazwa niba kwivanga kwa Donald Trump muri iki kibazo byari bifite agaciro, cyane ko byasaga n’ibyagize ingaruka mbi ku ikipe y’igihugu.

Ibihe by’ingenzi byaranze umukino:

Umunota wa 1: Castagne atera ishoti rikomeye ari muri metero 25, Matt Freese arikuramo akoresheje intoki.

Umunota wa 8: Youri Tielemans abura uburyo bwiza cyane nyuma y’umupira wari utanzwe na Dodi Lukebakio.

Umunota wa 9: Igitego! Charles De Ketelaere atsinda igitego cya mbere nyuma yo guhabwa umupira na Nicolas Raskin, akoresheje amakosa y’ubwugarizi bwa Amerika.

Umunota wa 31: Igitego! Malik Tillman yishyura kuri kufura yahinduwe icyerekezo, umunyezamu Thibaut Courtois ntiyashobora kuyigarura.

Umunota wa 33: Igitego! De Ketelaere atsinda igitego cya kabiri ku mutwe nyuma y’umupira wa Trossard.

Umunota wa 45: Balogun atera umupira ujya hejuru y’izamu nyuma y’umupira muremure, Ngoy amubuza kwisanzura mu rubuga rw’amahina.

Umunota wa 57: Igitego! Freese afatirwa n’umupira hanze y’urubuga rw’amahina na De Ketelaere, Vanaken atsinda igitego cya gatatu.

Umunota wa 90+3: Igitego! Chris Richards yambuwe umupira na Lukaku hafi y’urubuga rw’amahina, maze uyu musimbura atsinda igitego cya kane.

Umutoza wa Amerika, Mauricio Pochettino, yavuze ati:

“Inshingano yanjye yari ugutoza ikipe. Niba Balogun yari yemerewe gukina kubera amategeko cyangwa kubera ko FIFA yabimwemereye, nta kibazo kirimo. Ariko ku giti cyanjye ndababaye cyane kubera abantu benshi, kuko bavangiyemo ibintu byinshi. Bageze aho bavanga politiki muri iki kibazo, bavuga ko habaye uburiganya, bavuga ku mahame n’ubunyangamugayo.

Iyo dutangiye kuvuga amateka y’uyu mukino n’indangagaciro zawo, hanyuma bakabivangamo ibi byose, njye birambabaza. Hari uburyo bwo kujuririra ibihano nk’uko byakorwa ku wundi mukinnyi cyangwa indi kipe. Ariko ibyo si urwitwazo rwo kuvuga ko twatsinzwe kubera ibyo. Oya, si byo.”

Folarin Balogun yagize ati:

“Nemeye icyemezo igihe nahawe ikarita itukura, kandi nanemera icyemezo igihe bambwiraga ko nemerewe kongera gukina. Nta ruhare nagize muri iyo gahunda yose, kandi si ikintu gifitanye isano nanjye ku giti cyanjye.”

Umutoza w’u Bubiligi, Rudi Garcia, yavuze ko Balogun yaje kumuvugisha nyuma y’umukino. Garcia yagize ati: “Narabikunze cyane. Si amakosa ye, si we ukwiye kubiryozwa, kandi ni na byo namubwiye.”

Abajijwe niba izi mpaka zagize ingaruka ku ikipe ye, Garcia yasubije ati:

“Nta cyo byahinduye ku bakinnyi Amerika yabanje mu kibuga. Icy’ingenzi kuri twe cyari ugushyira mu bikorwa gahunda yacu y’umukino. Ikipe yacu irakuze mu mitekerereze. Nabwiye abakinnyi banjye ko icy’ingenzi ari ibyo twe dukora.”

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *