Mu mukino ukomeye wahuje ibihugu by’ibituranyi byo ku Kirwa cya Iberia wabereye kuri Sitade ya AT&T (Dallas)muri Arlington muri leta ya Texas kumukino wabaye 6 Nyakanga 2026, Espagne yasezereye Portugal mu gikombe cy’Isi cya FIFA 2026 iyitsinze igitego 1-0 cyatsinzwe na Mikel Merino ukinira Arsenal mu munota wa mbere w’inyongera z’igice cya kabiri. Uyu musaruro wasoje urugendo rwa Cristiano Ronaldo mu Gikombe cy’isi ku nshuro ya gatandatu, bikaba bishobora kuba ari n’umukino wa nyuma akinnye mu marushanwa mpuzamahanga afite imyaka 41.
Umukino wari ukomeye kandi urangwa no kwitwararika cyane, amahirwe yo gutsinda akaba yari make mu minota 90 yose. Espagne, ari na yo ifite igikombe cya Euro giheruka kandi iri mu makipe yahabwaga amahirwe mbere y’aya marushanwa, yagize umupira igihe kinini kukigero cya 55% kandi inabona amahirwe meza yo gutsinda, cyane cyane mu gice cya kabiri. Portugal yo yakinnye yugarira cyane, ishaka gucungira counter-attack, ariko Cristiano Ronaldo utagaragaye cyane muri uyu mukino ntiyashoboye kugaragaza ubuhanga bwe busanzwe.
Merino winjiye asimbuye ni we wabaye intwari. Amaze gukorerwaho ikosa hafi y’urubuga rw’amahina, yahise aterera koruneri yihuse, ahanahana umupira na Ferran Torres mbere yo gutsinda igitego neza anyujije umupira kuri myugariro Diogo Costa. Iki gitego cyabonetse ku munota wa 90+1, gitungura Portugal ndetse giteza ibyishimo bidasanzwe mu bafana ba Espagne.
xG: Portugal hafi 0.63 naho Espagne hafi 1.69 kandi Espagne yaremye amahirwe yo gutsinda arushijeho kuba meza
Ronaldo yakinnye iminota 90 yose mu mukino wari utegerejwe na benshi nk’uwa nyuma akinnye mu Gikombe cy’Isi. Nyuma y’umukino, yagaragaye afite amarangamutima menshi ariko yavuze ko atarahita afata icyemezo cya nyuma ku bijyanye no gusezera mu ikipe y’igihugu.
Umutoza wa Portugal, Roberto Martínez, yahise ava ku mwanya we nyuma yo gusezererwa.
Ubwiza bw’ikipe ya Espagne ndetse n’abakinnyi bavuye ku ntebe y’abasimbura byagize uruhare rukomeye muri iyi ntsinzi. Umutoza Luis de la Fuente yagize ati: “Twari tuzi ko Portugal izakina yugarira cyane… Amaherezo twabonye amahirwe turayabyaza umusaruro.”
Uyu mukinnyi wegukanye Ballon d’Or inshuro eshanu, wanatsinze igitego muri buri Gikombe cy’Isi yakinnye, asezeye ataratwara iki gikombe nubwo yagize umwuga w’ikirenga, harimo no kuyobora Portugal yegukana Euro 2016. Hirya no hino ku isi hatanzwe ubutumwa bwo kumuha icyubahiro, abafana n’abasesenguzi bashimangira igihe kinini amaze akina ku rwego rwo hejuru, umurava we n’uruhare yagize mu mupira w’amaguru. Mushiki we ndetse n’abamushyigikira bo ku kirwa cya Madeira bagaragaje ishema rivanze n’agahinda. Ronaldo yavuze ko azabanza gufata igihe ari kumwe n’umuryango we mbere yo gufata ibindi byemezo, agira ati: “Nibyo, iki ni cyo Gikombe cy’Isi cya nyuma nkinnye… Nzasezera igihe nzaba mbishakiye.”
Espagne yerekeje muri 1/4 cy’irangiza, aho izahura n’u Bubiligi i Los Angeles. La Roja ikomeje gufatwa nk’imwe mu makipe afite amahirwe yo kwegukana igikombe, yubakiye ku ntsinzi ya Euro 2024, ikaba ihuza impano z’abato nka Lamine Yamal n’abakinnyi bafite ubunararibonye.
Urugendo rwa Portugal rurangiriye muri 1/8 cy’irangiza, bikaba ari byagaragaje gutungurana gukomeye ku ikipe yari ifite impano nyinshi ariko ikananirwa gutsinda mukeba wayo. Uku gutsindwa kwahise gukurikirwa n’impinduka zihuse zirimo no kugenda kwa Martínez.
