Igitaramo cya Usher na Chris Brown cyabaye mu ijoro ryo ku wa 17 Kanama 2026, cyitabiriwe n’umuhanzi Platin P aho yatashye ahamya ko nubwo Amerika yateye imbere, ibyishimo by’abakunzi b’umuziki ntaho bitaniye n’ibyo yabonye mu bitaramo King James aherutse gukorera i Kigali.
Platini ubwo yabazwaga umwihariko yabonye mu gitaramo cya Usher na Chris Brown yitabiriye, yagize ati “Ni byo, hano bateye imbere, urubyiniro uko ruba rwubatse, amatara ndetse n’imizindaro uba ubona ari sawa. Ariko ibyishimo byo ni nk’ibya King James wacu.”
Uyu muhanzi Platini yahamije ko bijyanye n’uko igihugu cyateye imbere, mu bijyanye n’ibikoresho by’umuziki ndetse n’amatara haba hari itandukaniro, ariko ko ku bijyanye n’uburyo abafana bishimira abahanzi ari kimwe n’ibyo yabonye mu gitaramo cya King James.
Kandi Platini usanzwe uhamya ko ari umukunzi w’aba bahanzi bombi, ashimangira ko yishimiye kubabona imbonankubone mu gitaramo cyabereye muri Gillette Stadium mu ijoro ryo ku wa 17 Kanama 2026.
Chris Brown na Usher bakomeje ibitaramo bya ‘The R&B Tour’ byatangiye ku wa 26 Kamena 2026.
Chris Brown na Usher bombi bafite amateka akomeye muri R&B, bahuje imbaraga mu rwego rwo guha ibyishimo abakunzi b’umuziki bakunze indirimbo zabo zamamaye mu myaka ishize.
Ku bafana b’iyi njyana, ibi bitaramo byabaye umwanya wo kongera kwibuka ibihe R&B yari mu njyana zikunzwe cyane ku Isi, cyane cyane binyuze mu ndirimbo zakunzwe nka ‘Run It!’, ‘Forever’, ‘Yeah!’, ‘U Got It Bad’ n’izindi.
