author

Muhoza Patrick Agape agiye kumurika igitabo Yise “Sleeping Not Dead” i Kigali

Umunyamakuru akaba n’umwanditsi uri kuzamuka mu bijyanye n’ubuvanganzo, Muhoza Patrick Agape, yatangaje ku mugaragaro ko agiye kumurika igitabo cye gishya yise “Sleeping Not Dead.” Iki gikorwa gitegerejwe na benshi kizaba kuri iki Cyumweru, tariki ya 15 Werurwe 2026. Iki gikorwa kizitabirwa n’abantu batandukanye barimo abanyabwenge, abayobozi mu by’iyobokamana ndetse n’abari mu rwego rw’ubuhanzi n’ubuvanganzo. Ni […]

Nyuma yo kubenga umugabo wamwishyuriye amashuri yakatiwe amezi 6 y’igifungo

Urukiko rw’Ibanze rwa Rukungiri muri Uganda rwakatiye igifungo cy’amezi atandatu Fortunate Kyarikunda, runamutegeka kwishyura Richard Tumwiine amafaranga arenga miliyoni 5 Frw yakoresheje amwishyurira amashuri, nyuma yo kumwizeza ko bazabana nk’umugabo n’umugore ariko akaza kumwanga amaze kubona impamyabumenyi. Amakuru agaragaza ko Tumwiine na Kyarikunda bahoze ari abarimu, aho umubano wabo watangiye mu 2015 ubwo bigishaga mu […]

Ni amahano, RIB yafunze umugabo n’umugore we bakekwaho kwica abantu batatu

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi Ndayisaba Félicien n’umugore we Imanishimwe Rebecca, batuye mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara, bakurikiranyweho ibyaha birimo ubwicanyi, gushinyagurira no guhisha imibiri y’abantu nyuma yo kubica. Aba bombi bafashwe ku wa 11 Werurwe 2026, nyuma y’iperereza ryari rimaze iminsi rikorwa ku bantu batandukanye baburiwe irengero. […]

Perezida Kagame na Macron bagiranye ibiganiro ku miterere y’umutekano mu Karere

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, byibanze ku mutekano mu karere n’umubano w’Ibihugu byombi. Abakuru b’Ibihugu bahuriye i Paris mu Bufaransa, aho bitabiriye Inama Mpuzamahanga ya kabiri yiga ku ikoreshwa ry’ingufu za nikeleyeri mu bikorwa bya gisivili. Iyi nama yabaye ku wa 10 Werurwe 2026, […]

Rugaju na Lorenzo mubo RIB yihanangirije batukana kuri Radio

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwihanangirije abanyamakuru batubahiriza amahame y’umwuga, by’umwihariko aba bakora ibijyanye na siporo, nyuma y’amakimbirane yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga hagati ya Rugaju Reagan Ndayishimiye ukorera Radio Rwanda na Musangamfura Lorenzo wa SK FM, aho bateranije amagambo arimo guharabikana no gutukana. RIB yibukije abo banyamakuru n’abandi bakora ibikorwa nk’ibi ko ibyo bikorwa bigize ibyaha, […]

RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho ibyaha birimo gusambanya umwana no kurema umutwe w’ibyihebe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Rwanda Investigation Bureau (RIB), rwerekanye abasore babiri bakekwaho ibyaha bitanu bikomeye birimo gusambanya umwana, gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, kurema umutwe w’abagizi ba nabi no kugera ku makuru hagamijwe gukora icyaha. Aba bakekwa bari hagati y’imyaka 27 na 31 y’amavuko, bakaba bakekwaho gukorera ibi byaha mu […]

Ibiciro by’ibiribwa byazamutseho 9,2% muri Gashyantare 2026 – NISR

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, National Institute of Statistics of Rwanda (NISR), cyatangaje ko muri Gashyantare 2026 ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,2% ugereranyije na Gashyantare 2025. Ibi bigaragaza ko ibiciro byakomeje kuzamuka kuko mu kwezi kwa Mutarama 2026 byari byiyongereyeho 8,9%, nyamara mu gihe mu mwaka ushize byari kuri 6,3%. Raporo yashyizwe ahagaragara ku wa 10 Werurwe […]

Inoti za 500, 1000, 2000 n’iza 5000 Frw zashyizweho hagati ya 2004 na 2015 nta gaciro zigifite mu Rwanda

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko inoti zimwe z’amafaranga y’u Rwanda zirimo iza 500 Frw, 1000 Frw, 2000 Frw na 5000 Frw zashyizweho hagati ya 2004 na 2015 zitazongera kugira agaciro mu gihugu. Icyakora, izo noti zizakomeza gukoreshwa mu gihe cy’amezi 12 uhereye igihe iteka rya Perezida rizikuyeho rizaba rimaze gutangazwa mu Igazeti ya Leta ya […]

Ibyo wamenya ku itegeko rigenga umutungo koranabuhanga ryemejwe n’inama y’aba minisitiri

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 4 Werurwe 2026 yemeje umushinga w’itegeko rigenga umutungo koranabuhanga (virtual assets) mu Rwanda. Iki cyemezo gifatwa nk’intambwe ya mbere iganisha ku gushyiraho amategeko agenga ikoreshwa ry’uyu mutungo mu gihugu. Umutungo koranabuhanga ni agaciro kagaragazwa mu buryo bw’ikoranabuhanga gashobora gucuruzwa cyangwa guhererekanywa, hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga, gashobora kandi gukoreshwa mu kwishyura no […]

Archbishop Dr Laurent Mbanda yagizwe Perezida w’Inama Nkuru y’Umuryango w’Abangilikani ku Isi

Umuryango w’Abangilikani ku Isi watangaje impinduka mu miyoborere yawo, zirimo gusesa Inama y’Abakuru b’Amatorero (Primates Council) yari imaze imyaka myinshi iyobora ibikorwa bya GAFCON kuva mu 2008, maze yemeza umunyarwanda Archbishop Dr Laurent Mbanda kuwuyobora ku isi yose. Ibi byatangajwe n’ubuyobozi bwa Global Anglican Future Conference (GAFCON), busobanura ko hafashwe icyemezo cyo gushyiraho urundi rwego […]