Alicia na Germain ni itsinda rimaze kwigarurira imitima y’abatari bake mu Rwanda ndetse no hanze yarwo mu Guhanga no kuririmba indirimbo zo kuramya no guhimabaza Imana, iri tsinda rigizwe n’abakobwa 2 nibo bahagarariye u Rwanda mu irushanwa mpuzamahanga Africa Golden Awards 2026 (AGA). Mbere y’uko Alicia na Germaine bitabira iri rushanwa bari bamaze igihe gito […]
Kuri uyu wa 20 werurwe nibwo inkuru y’inca mugongo yumvikanye ko umuhanzi w’umuhanga Muzehe Ngombwa Timothy Inyamibwa y’abakunze u Rwanda kugera no mu masaziro, Rwema rw’umutwe ingenzi yatumeneye, Rutaramanaguhiga, Ingeri yasumbye inkiko, Mihigo itarambira abahungu, Minega icyaha induru, isata ishoka bagasamara; aratabarutse. Amakuru avuga ko umuvandimwe we Theodore ari we wemeje urupfu rwe munijoro ryo […]
Ubuyobozi bw’Itorero ADEPR bwashyize hanze urutonde rw’abantu 35 bambuwe inshingano za gishumba n’iz’umubwirizabutumwa baherewe mu Itorero rya ADEPR mu Rwanda nyuma yuko bahamijwe ibyaha bya Jenoside, aba barimo Pasiteri Uwinkindi Jean woherejwe n’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga rw’i Arusha, akaburanishirizwa mu Rwanda, agakatirwa gufungwa burundu. Iri tangazo rivuga ko icyemezo cyo kwirukana burundu bariya bantu, rishingiye ku […]
Umunyamakuru akaba n’umwanditsi uri kuzamuka mu bijyanye n’ubuvanganzo, Muhoza Patrick Agape, yatangaje ku mugaragaro ko agiye kumurika igitabo cye gishya yise “Sleeping Not Dead.” Iki gikorwa gitegerejwe na benshi kizaba kuri iki Cyumweru, tariki ya 15 Werurwe 2026. Iki gikorwa kizitabirwa n’abantu batandukanye barimo abanyabwenge, abayobozi mu by’iyobokamana ndetse n’abari mu rwego rw’ubuhanzi n’ubuvanganzo. Ni […]
Urukiko rw’Ibanze rwa Rukungiri muri Uganda rwakatiye igifungo cy’amezi atandatu Fortunate Kyarikunda, runamutegeka kwishyura Richard Tumwiine amafaranga arenga miliyoni 5 Frw yakoresheje amwishyurira amashuri, nyuma yo kumwizeza ko bazabana nk’umugabo n’umugore ariko akaza kumwanga amaze kubona impamyabumenyi. Amakuru agaragaza ko Tumwiine na Kyarikunda bahoze ari abarimu, aho umubano wabo watangiye mu 2015 ubwo bigishaga mu […]
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi Ndayisaba Félicien n’umugore we Imanishimwe Rebecca, batuye mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara, bakurikiranyweho ibyaha birimo ubwicanyi, gushinyagurira no guhisha imibiri y’abantu nyuma yo kubica. Aba bombi bafashwe ku wa 11 Werurwe 2026, nyuma y’iperereza ryari rimaze iminsi rikorwa ku bantu batandukanye baburiwe irengero. […]
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, byibanze ku mutekano mu karere n’umubano w’Ibihugu byombi. Abakuru b’Ibihugu bahuriye i Paris mu Bufaransa, aho bitabiriye Inama Mpuzamahanga ya kabiri yiga ku ikoreshwa ry’ingufu za nikeleyeri mu bikorwa bya gisivili. Iyi nama yabaye ku wa 10 Werurwe 2026, […]
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwihanangirije abanyamakuru batubahiriza amahame y’umwuga, by’umwihariko aba bakora ibijyanye na siporo, nyuma y’amakimbirane yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga hagati ya Rugaju Reagan Ndayishimiye ukorera Radio Rwanda na Musangamfura Lorenzo wa SK FM, aho bateranije amagambo arimo guharabikana no gutukana. RIB yibukije abo banyamakuru n’abandi bakora ibikorwa nk’ibi ko ibyo bikorwa bigize ibyaha, […]
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Rwanda Investigation Bureau (RIB), rwerekanye abasore babiri bakekwaho ibyaha bitanu bikomeye birimo gusambanya umwana, gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, kurema umutwe w’abagizi ba nabi no kugera ku makuru hagamijwe gukora icyaha. Aba bakekwa bari hagati y’imyaka 27 na 31 y’amavuko, bakaba bakekwaho gukorera ibi byaha mu […]
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, National Institute of Statistics of Rwanda (NISR), cyatangaje ko muri Gashyantare 2026 ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,2% ugereranyije na Gashyantare 2025. Ibi bigaragaza ko ibiciro byakomeje kuzamuka kuko mu kwezi kwa Mutarama 2026 byari byiyongereyeho 8,9%, nyamara mu gihe mu mwaka ushize byari kuri 6,3%. Raporo yashyizwe ahagaragara ku wa 10 Werurwe […]
