Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko inoti zimwe z’amafaranga y’u Rwanda zirimo iza 500 Frw, 1000 Frw, 2000 Frw na 5000 Frw zashyizweho hagati ya 2004 na 2015 zitazongera kugira agaciro mu gihugu. Icyakora, izo noti zizakomeza gukoreshwa mu gihe cy’amezi 12 uhereye igihe iteka rya Perezida rizikuyeho rizaba rimaze gutangazwa mu Igazeti ya Leta ya […]
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 4 Werurwe 2026 yemeje umushinga w’itegeko rigenga umutungo koranabuhanga (virtual assets) mu Rwanda. Iki cyemezo gifatwa nk’intambwe ya mbere iganisha ku gushyiraho amategeko agenga ikoreshwa ry’uyu mutungo mu gihugu. Umutungo koranabuhanga ni agaciro kagaragazwa mu buryo bw’ikoranabuhanga gashobora gucuruzwa cyangwa guhererekanywa, hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga, gashobora kandi gukoreshwa mu kwishyura no […]
Umuryango w’Abangilikani ku Isi watangaje impinduka mu miyoborere yawo, zirimo gusesa Inama y’Abakuru b’Amatorero (Primates Council) yari imaze imyaka myinshi iyobora ibikorwa bya GAFCON kuva mu 2008, maze yemeza umunyarwanda Archbishop Dr Laurent Mbanda kuwuyobora ku isi yose. Ibi byatangajwe n’ubuyobozi bwa Global Anglican Future Conference (GAFCON), busobanura ko hafashwe icyemezo cyo gushyiraho urundi rwego […]
Inzego zitandukanye zifite aho zihuriye n’uburezi mu Karere ka Ruhango ziravuga ko gahunda yo gufatira amafunguro ku ishuri izwi nka School Feeding yafashije cyane abanyeshuri, by’umwihariko abaturuka mu miryango itishoboye, kuko ituma biga batuje badahangayikishijwe n’inzara. Iyi gahunda yo kugaburira abanyeshuri ku mashuri yatangijwe mu mwaka wa 2020 hagamijwe kuzamura ireme ry’uburezi mu gihugu. Yashyizweho […]
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku mugoroba wo ku wa 4 Werurwe 2026 iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yemeje amateka atandukanye arimo n’Iteka rya Minisitiri ryemerera abantu 1,874 bari barakatiwe n’inkiko gufungurwa by’agateganyo. Ibi bikubiye mu Iteka rya Minisitiri Nº 001/MOJ/AG/26 ryo ku wa 4 Werurwe 2026 rigena uburyo ifungurwa ry’agateganyo rishyirwa mu bikorwa ndetse […]
Muri Komini ya Kisenso, iri mu gice cy’amajyepfo y’Umujyi wa Kinshasa, humvikanye inkuru ibabaje cyane Aho ku wa Gatatu tariki ya 25 Gashyantare 2026, hafatiwe umugabo uri mu kigero cy’imyaka nka 30 akekwaho kwica nyina amucagaguramo ibice umurambo akawushyira muri firigo. Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko byamenyekanye nyuma y’aho abaturage batangiye kumva umunuko […]
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko yasoje igerageza rito rizwi nka “Proof of Concept (PoC)” ku mushinga w’Ifaranga-Koranabuhanga rya Banki Nkuru (CBDC), ryiswe e-Franc Rwandais (e-FRW). Iri gerageza rifatwa nk’intambwe ikomeye mu rugendo rwo kubaka urwego rw’imari rutajegajega, rudaheza kandi rukoresha ikoranabuhanga rigezweho. Igerageza ryakorewe ku buryo e-FRW ishobora gukoreshwa mu kwishyurana hagati y’abantu […]
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri NESA cyatangaje ko kwiyandikisha gukora Ibizamini bya leta bisoza amashuri abanza, ikiciro ruzasange n’ayisumbuye bizatangira guhera 25 Gashyantare kugeza 27 Werurwe 2026. Mu itangazo NESA yashyize ahagaragara binyuze ku rukuta rwayo rwa X rwahoze ari Twiter, yatanze inyandiko 2 zirimo iy’urutonde rw’ibigo bicumbikira abana Boarding School ndetse n’indi igaragaza […]
i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa 21 Gashyantare 2026, abarenga 500 biganjemo urubyiruko baturutse mu bihugu by’i Burayi bahuriye mu gikorwa cyo kungurana ibitekerezo ku bumwe n’ubudaheranwa mu nsanganyamatsiko “Ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda”. Ni igikorwa kitabiriwe na minisitiri w’ubumwe bw’abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu Dr Bizimana Jean Damascene, Minisitiri w’umuco na sporo Nelly Mukazayire, abambasaderi ndetse n’abanyarwanda […]
Umujyi wa Kigali watanze ubutumwa bushishikariza abaturage kurushaho kwita ku isuku y’umubiri n’aho baba, ubinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X ku wa 16 Gashyantare 2026. Mu butumwa bwatangajwe, hagarutswe ku kamaro ko kuba umuntu w’umusirimu arangwa n’isuku aho atuye, aho akorera n’aho anyura. Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwibukije ko ari ngombwa koga umubiri wose ukoresheje […]
