Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA ryemeje amakuru avuga ko APR FC itazitabira irushanwa rya super cup 2026, nyuma y’uko iyi kipe y’ingabo z’igihugu yanditse imeneyesha FERWAFA ko itazitabira iri rushwanwa kubera ryahinduriwe uburyo ryakinagwamo itamenyeshejwe. Igikombe cya super cup cyari gisanzwe gihuza ikipe yabaye iya mbere muri shampiyona n’ikipe yatwaye igikombe cy’amahoro, nkuko bigaragazwa […]
Kigali Pelé Stadium yari yakubise yuzuye abantu mu birori bikomeye Rayon Sports yerekaniyemo abakinnyi izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2026-2027. Ibyo birori byatangiye ku gicamunsi ku isaha ya Saa Saba, haherewe ku mukino w’abakanyujijeho muri Rayon Sports n’abayobozi bayo wavuyemo ibitego 3-3 bakina na CSK. Iyo gahunda yakurikiwe no kwerekana ikipe y’abagore ya Rayon Sports […]
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) ryamaganye ubutumwa bw’ihohoterwa, iterabwoba n’amagambo arimo urwangano bugera kuri miliyoni 7 bwajyaga ku mbuga nkoranyambaga bwibasira abakinnyi, amakipe, n’abatoza muri iki Gikombe cy’Isi cya 2026. Ibi byavubuwe n’itsinda rishinzwe kurinda abakinnyi ku mbuga nkoranyambaga ryitwa Social Media Protection Service (SMPS). Iri tsinda rigamije kurinda abakinnyi, amakipe n’abasifuzi ibitero byo […]
Argentine yongeye kugera ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 nyuma yo gutsinda u Bwongereza ibitego 2-1. Ni ibitego byatsinzwe na Enzo Fernandez na Lautaro Martinez mu minota ya nyuma Ubwo Anthony Gordon yari yafunguye amazamu mu minota ya mbere y’igice cya kabiri. Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 15 Nyakanga 2026, ni bwo […]
Ikipe ya Aston Villa ikina muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Bwongereza Premier League yasinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye na Visit Rwanda, iba umuterankunga wayo wemewe ndetse ikaba izajya itanga ikawa muri stade ya Aston Villa. Ikirango cya Visit Rwanda kizajya kigaragara imbere ku myambaro y’amakipe y’abagabo, abagore ndetse n’ay’abato ya Aston Villa muri season ya […]
Umukinnyi w’Umurundi ukinira Al Hilal SC Omdurman yo muri Sudani, Girumugisha Jean Claude, yegukanye igihembo cy’umukinnyi mwiza w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League, y’umwaka wa 2026/27. Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 12 Nyakanga 2026, ni bwo habaye ibirori byo gutanga ibihembo ku bakinnyi n’abatoza bahize abandi muri Shampiyona y’umwaka ushize wa […]
Umukinnyi w’icyamamare mu mupira w’amaguru, Kylian Mbappé, yashyize ahagaragara itangazo rikomeye asubiza Senateri wo muri Paraguay, Celeste Amarilla, nyuma y’amagambo y’ivanguraruhu uyu mugore yamwanditseho nyuma y’umukino w’ikiciro cya 1/8 cy’irangiza mu Gikombe cy’Isi cya 2026, aho u Bufaransa bwatsinze Paraguay igitego 1-0. Nyuma y’uwo mukino, Senateri Amarilla yanditse ku rubuga rwa X amagambo yibasira Mbappé, […]
Imikino ya 1/8 cy’Igikombe cy’Isi cya FIFA 2026 yahaye abakunzi b’umupira w’amaguru ibyishimo byose bari biteze: ibitego byatsinzwe mu minota ya nyuma, amakipe yatunguye benshi, kugaruka mu mukino mu buryo budasanzwe, ndetse n’abasezeye mu marangamutima menshi. Uko amarushanwa agenda asatira iherezo, hasigaye amakipe umunani gusa ahatanira igikombe gikomeye kurusha ibindi mu mupira w’amaguru. Maroc ni […]
Ikipe ya APR FC yatangaje ko umutoza wayo Taleb Abderrahim yongereye amasezerano y’umwaka umwe ushobora no kongerwa bitewe n’uko azitwara muri uyu mwaka w’imikino ugiye kuza wa 2026-27. Kuri uyu wa Kabiri tariki 7 Nyakanga 2026 nibwo ikipe ya APR FC yatangaje ko umutoza ukomoka muri Maroc Taleb Abderrahim yongereye amasezerano nyuma y’umwaka umwe yari […]
Ejo ku wa 7 Nyakanga 2026, Argentina yakoze comeback nuko itsinda Misiri ibitego 3-2 nyuma yo kuva inyuma, mu mukino wa 1/8 cy’Igikombe cy’Isi cya FIFA 2026 wabereye i Atlanta. Lionel Messi ni we wabaye intwari y’uwo mukino, ayobora ba myugariro b’isi mu gukora comeback idasanzwe nyuma yo kuba bari batsinzwe ibitego 2-0. Misiri yatangiye […]
