Umwongereza Stephen Constantine w’imyaka 63 yongeye kugirwa Umutoza w’Ikipe y’Igihugu “Amavubi”. Yatoje u Rwanda mu 2014/2015 ndetse icyo gihe yarufashije kwandika amateka yo kugera ku mwanya wa 64 ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA. Mu 2023/2025, Constantine yatozaga Ikipe y’Igihugu ya Pakistan. FERWAFA yatangaje ko Stephen Constantine ari umutoza mukuru mushya w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Rwanda […]
Kuri uyu mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Werurwe 2026 i Paris, Perezida Paul Kagame yitabiriye umukino wa UEFA Champions League wabereye kuri Parc des Princes, aho ikipe ifatanya na Visit Rwanda ari yo Paris Saint‑Germain yatsinze Chelsea FC ibitego 5–2. Nyakubahwa Paul Kagame, ukunda cyane umupira w’amaguru, ejo yitabiriye umukino wo mu […]
Myugariro w’ikipe y’igihugu y’u Bwongereza, Kyle Walker, yatangaje ko asezeye ku gukinira ikipe y’igihugu mbere y’Igikombe cy’Isi giteganyijwe muri iyi mpeshyi. Uyu mukinnyi w’imyaka 35 ukina ku ruhande rw’iburyo mu bwugarizi yahisemo gusoza urugendo rwe mu ikipe y’igihugu nyuma yo gukinira u Bwongereza imikino 96 mpuzamahanga, bituma aba umukinnyi wari hafi yo gukinira igihugu cye […]
Ikipe ya Real Madrid yatangaje ko rutahizamu wayo Rodrygo yamaze kubagwa neza nyuma yo kugira ikibazo gikomeye mu ivi. Nk’uko byatangajwe n’umunyamakuru Fabrizio Romano, Rodrygo yabazwe nyuma yo kugira imvune ya ACL ndetse agira n’ikibazo kuri external meniscus mu ivi ry’iburyo. Rodrygo nyuma yo kubagwa yatanze ubutumwa kurukuta rwe rwa instagram agira ati: “Ndashimira Imana […]
FERWABA na Bralirwa PLC basinyanye amasezerano y’ubufatanye azamara imyaka ine, binyuze mu kirango cyabimwe mubinyobwa bya Bralirwa kitwa Cheetah Energy Drink kugira ngo hashyigikirwe shampiyona ya basketball mu Rwanda, yitwa Rwanda Basketball League. Uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, BRALIRWA Plc, binyuze mu kinyobwa cyarwo cya “Cheetah Energy’’, rwongereye amasezerano y’imyaka ine n’Ishyirahamwe rya Basketball FERWABA, […]
Ikigo cy’itangazamakuru cy’imikino BBC Sport cyashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 10 ba mbere bakina nka ba rutahizamu (centre forwards) bagaragaje urwego rwo hejuru mu mupira w’amaguru kuva mu kinyejana cya 21 cyatangira. Uru rutonde rugaragaraho abakinnyi batandukanye bo kumigabane itandukanye aho hagaragaraho numunyafurika Didie Drogba uru rutonde rugaragaraho abakinnyi batandukanye bo kumigabane itandukanye aho hagaragaraho numunyafurika […]
Uyu mukinnyi wimyaka 25 ukinira Real Madrid na ekipe y’igihugu ya Brazil yagize imvune izamara igihe kirekire aho biteganyijwe ko izamara nabura amezi 10 aho azagaruka mumpera z’umwaka wa 2026 bivuzeko atazakina igikombe cyisi kizaba mumpeshyi yuyumwaka wa 2026 Mubutumwa Rodrygo Goes yageneye abakunzi be nabumupira wamaguru muri rusange yagize ati “Ni umwe mu minsi […]
Umukinnyi wo ku ruhande, Rodrygo, ntiyagaragaje ibimenyetso bikomeye by’imvune mu mukino Real Madrid yatsinzwemo na Getafe CF igitego 1-0 ku wa 2 Werurwe, ariko bukeye bwaho byemejwe ko yakomeretse bikomeye. Amakuru yatangajwe n’ibinyamakuru byo muri Espagne birimo AS na Marca, ndetse na Real Madrid ubwayo, yemeje ko Rodrygo yagize ikibazo gikomeye ku ivi ry’iburyo, yacitse […]
Imikino izabera kuri Kigali Pele Stadium no kuri Amahoro Stadium, mu makipe azitabira harimo Aruba igahura na Macau, mu gihe Tanzania izakina na Liechtenstein yombi ikazaba kuri 26 Werurwe 2026, u Rwanda ruzahura na Grenada, Kenya izakina na Estonia yombi ikazaba kuri 27 Werurwe 2026 Ibiciro by’amatike bitangirira ku 2,000 RWF kugera kuri 30,000 RWF. […]
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda k’umunsi wa 22 yatangiye ku wa Gatantu tariki 27 Gashyantare 2026 kugeza ku Cyumweru tariki 1 Werurwe 2026, hakinwe imikino 9, haboknekamo ibitego 23. Ibyavuye mu mikino y’umunsi wa 22 wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda (Rwanda Premier League) yakinwe kuva ku wa 27 Gashyantare kugeza ku wa […]
