Carmen Menayo Montero na María Dolores Gallardo Núñez bakunze kwita Lola bakinira Atlético de Madrid y’Abagore yo muri Espagne bari mu biruhuko mu Rwanda. Kuva u Rwanda rwatangira kugirana imikoranire na Atlético de Madrid, abakinnyi bayo barimo abo mu ikipe y’abagabo, iy’abagore, abakanyujijeho n’abatoza basura u Rwand ku mpamvu z’akazi no kwirebera ibyiza nyaburanga birutatse. […]
Moritz Kretschy ukomoka mu Budage akaba akinira ikipe ya NSN Development Team niwe wahise wegukana Tour du Rwanda ya 2026 nyuma y’uko yari yambaye umwambaro w’umuhondo kuva ku Gace ka Kane kavuye i Karongi kerekeza i Rubavu ubwo yabaga uwa kabiri. Umunya-Eritrea Henok Mulubrhan yegukanye Agace ka Munani ka Tour du Rwanda 2026 kakiniwe mu Mujyi wa […]
Umukinnyi w’amagare wo muri Brazil, Ribeiro Bravo Henrique ukinira Soudal Quick-Step Devo Team kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Gashyantare 2026, yegukanye agace ka 7 ka Tour du Rwanda 2026 mu muhanda Musanze-Kigali ariko banyuze i Gicumbi. Agace ka Karindwi ka Tour du Rwanda 2026 karahagurukira mu Karere ka Musanze kerekeza mu Mujyi wa Kigali […]
Manchester City na Real Madrid bagiye kongera guhurira mu mikino ya kamarampaka ya UEFA Champions League ku nshuro ya gatandatu kuva mu mwaka wa 2019-20, nyuma y’uko tombola yo ku wa Gatanu ibashyize hamwe muri 1/8 cy’irangiza, ndetse hanategurwa uko 1/4 na 1/2 bizagenda. Aya makipe abiri akomeye yari asanzwe yarahuye no muri uyu mwaka […]
Cristiano Ronaldo yaguze 25% by’imigabane ya Unión Deportiva Almería yo muri Espagne yo mu Cyiciro cya Kabiri muri Espagne. Uyu mukinnyi w’Umunya-Portugal uri kugana mu myaka ye ya nyuma mu mupira w’amaguru, arajwe ishinga no kubaka ubukungu mu bikorwa bitandukanye n’ibindi bifite aho bihuriye n’umupira w’amaguru. Ni muri urwo rwego yaguze 1/4 cy’imigabane mu ikipe […]
Umuhorandi Jurgen Zomermaand ukinira Picnic Team yegukanye agace ka Gatatu ka Tour du Rwanda 2026 akoresheje amasaha atatu, iminota 44 n’amasegonda 53 ku Ntera y’ibirometero 145,3. Kuri uyu wa Kabiri ni bwo hakinwe agace ka Gatatu ka Tour du Rwanda 2026 aho abasiganwa bahagurikite i Huye banyura muri Nyungwe basoreza i Rusizi ku ntera y’Ibilometero 145,3. Nk’uko […]
Isiganwa ry’amagare rya Tour du Rwanda 2026 ryatangiye kuri iki Cyumweru, hakinwe agace karyo ka mbere ka Rukomo- Rwamagana, ku ntera y’ibirometero 173,6, aka gace ari na ko kanini mu tugize iri siganwa katangiye ku isaha ya saa Tanu. Tour du Rwanda 2026 irikuba kunshuro ya 18 yitabiriwe namakipe 18 agizwe nabanyonzi 84, 51 muribo […]
Kimenyi Yves wabaye umunyezamu w’amakipe atandukanye arimo ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yasezeye gukina ruhago nk’uwabigize umwuga afite imyaka 34 nyuma y’imyaka irenga ibiri adakina kubera imvune ikomeye yagize. Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Gashyantare 2026 ni bwo Kimenyi Yves abinyujije kuri konti ye ya Instagram yatangaje ko asezeye ruhago, yavuze ko urugendo […]
Ishimwe Pierre umuzamu w’ikipe ya APR FC akomeje kubabaza abakunzi b’iyi kipe kubera imvune ye itunguranye. Amakuru y’imvune uyu musore yatangajwe mu masaha y’igicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Gashyantare 2026 aho uyu munyezamu ashobora kumara igihe kigera ku mezi abiri cyangwa atatu atagaragara mu kibuga kubera imvune yamusigiye ikibazo mu mitsi […]
Ikipe ya Arsenal yatangaje ko yasinyishije amasezerano mashya umukinnyi wayo wumu winger, Bukayo Saka, w’imyaka 24 y’amavuko, aya masezerano mashya aje nyuma y’iminsi havugwa inkuru z’uko ibiganiro byari biri hafi kurangira hagati y’impande zombi, Saka, usanzwe akinira n’Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, yiyemeje gukomeza urugendo rwe muri iyi kipe yo mu majyaruguru ya London, ahamya ko […]
