Kuri iki Cyumweru, tariki ya 5 Mata 2026, haravugwa imirwano ikaze yatangiye mu gitondo cya kare muri Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko iyi mirwano yahuje abarwanyi ba AFC/M23 n’imitwe yitwaje intwaro izwi nka Wazalendo.
Biravugwa ko iyi mirwano iri kubera cyane cyane mu bice bya Tongo na Shingisha, biherereye mu Murenge wa Osso Banyungu. Aha ni ho hagaragara guhangana gukomeye hagati y’impande zombi.
Andi makuru agaragaza ko mu mitwe iri gufatanya na Wazalendo harimo UPCRN na ANCDH/AFDP, bivugwa ko bifatanyije mu kurwanya abarwanyi ba AFC/M23.
Kugeza ubu, nta mubare w’abahitanywe n’iyi mirwano cyangwa abakomeretse uratangazwa ku mugaragaro, gusa abaturage bavuga ko bafite impungenge z’umutekano wabo, bamwe bakaba batangiye guhunga ingo zabo.
Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’ubwa gisirikare ntiburagira icyo butangaza kuri iyi mirwano, mu gihe abaturage bakomeje gusaba ko hagira igikorwa kigamije guhagarika imirwano no kugarura amahoro muri ako gace.

Haravugwa imirwano ikaze yatangiye mu gitondo cya kare muri Teritwari ya Masisi
