Umugambi uhuza u Bubiligi n’u Burundi wo guhungabanya u Rwanda

Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye aravuga ko hari umugambi bivugwa ko uhuza u Bubiligi n’u Burundi ugamije guhungabanya ubutegetsi bw’u Rwanda, aho bivugwa ko impande zombi zimaze igihe ziganira kuri uwo mushinga. Amakuru atangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye avuga ko i Bruxelles ngo habaye ibiganiro n’ubuyobozi bw’u Burundi buyobowe na Evariste Ndayishimiye, hagamijwe gushaka uburyo bwo gukorana […]

Dore amatike ahenze cyane bitewe n’ihinduka ry’Ibiciro by’ingendo mu Rwanda

Urwego Ngenzuramikorere mu Rwanda (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’ingendo mu modoka zitwara abagenzi, mu buryo bwa rusange nyuma yuko Intambara iri kubera muburasurazuba bwo hagati yakomye mu nkora kuboneka kw’ibikomoka kuri peteroli. Iri hinduka rije rikurikira izamuka rikomeye ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli, aho ku nshuro ya mbere mu mateka y’u Rwanda, lisansi na mazutu byarenze […]

RIB yatanze impanuro ku mikoreshereze y’ikoranabuhanga muri UR Huye

Kuri uyu wa gatatu, urwego rw’ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB) rwatanze ikiganiro cyihariye ku banyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye, kigamije kubakangurira gusobanukirwa isi nshya batuyemo ya “Internet” n’ibyaha biyikorerwamo. Mu kiganiro Ygiranye n’abanyeshuri ndetse n’abayobozi muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, Dr. Murangira B. Thierry yagaragaje ko abakoresha ikoranabuhanga bose bamaze guhinduka […]

DJ Neptune agiye kugaruka i Kigali mu gitaramo yise ‘Soundz of Neptune’

DJ Neptune yateguje igitaramo gikomeye azakorera i Kigali, agaragaza ko kizaba gitandukanye n’ibyo aheruka kuhakorera, hashingiwe ku byo yatangaje mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze. Iki gitaramo cyiswe “Soundz of Neptune” giteganyijwe ku wa 21 Werurwe 2026, kikazabera muri Atelier du Vin i Kigali. Abategura iki gikorwa bavuga ko kiri mu murongo w’ibitaramo uyu […]

Umukino wa APR FC na Al Hilal SC ntukibereye ku Mahoro wimuriwe kuri Kigali Pelé Stadium

Umukino w’ikirarane cy’Umunsi wa 15 wa Shampiyona y’u Rwanda wagombaga guhuza APR FC na Al Hilal SC wahinduriwe ikibuga n’isaha ugomba kuberaho, bitewe n’ikibazo cy’amashanyarazi kimaze iminsi kigaragara kuri Stade Amahoro. Mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 9 Gashyantare 2026, Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda (Rwanda Premier League) rwatangaje […]

Yamaze amasaha 21 munsi y’ubutaka agihumeka nyuma yo kugwirwa n’ikirombe

Abatuye muri Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagize agahinda gakomeye nyuma y’inkangu yagwiriye ikirombe cy’amabuye y’agaciro cya Luwowo giherereye muri Rubaya, rigahitana abarenga 200. Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wa tariki ya 28 Mutarama 2026, aho amakuru yatangiye gukwirakwira ahagana saa cyenda z’umugoroba. Abari hafi y’aho […]

Ubukene bumeze nabi mu muryango w’abibumbye UN

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, yatangaje ko uyu Muryango wugarijwe n’ibura ry’amafaranga ku buryo nta hatagize igikorwa, amafaranga ufite azashira bitarenze mu kwezi kwa Nyakanga 2026. Ni ibikubiye mu ibaruwa Antonio Guterres yandikiye ibihugu binyamuryango 193 bya LONI. Antonio Guterres yavuze ko uyu Muryango uri mu kibazo cyo kuba washiranwa n’amafaranga kuko ibihugu byinshi […]