“Mugende cyangwa mupfe”: Amagambo akomeje guteza ubwoba abimukira muri Afurika y’Epfo

Igipolisi cya Afurika y’Epfo cyatangaje ko cyongereye ingamba zo gucunga umutekano mu gihugu hose mbere y’imyigaragambyo iteganyijwe ku wa 30 Kamena 2026, igamije kwamagana ikibazo cy’abimukira bavuga ko bari mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko. Abapolisi benshi boherejwe mu bice bitandukanye by’igihugu, cyane cyane mu mijyi ishobora kwakira imyigaragambyo, kugira ngo harindwe umutekano w’abaturage n’ibyabo […]

Ebola Muri RDC: Inzara Itumye Abarwayi Batoroka Ibitaro

Icyorezo cya Ebola gikomeje guteza ibibazo bikomeye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho inzego z’ubuzima zigaragaza ko ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa kiri gutuma abarwayi bamwe bava mu bitaro cyangwa bakava aho bashyizwe mu kato bakajya gushaka ibyo kurya. Imibare iheruka yerekana ko abantu amagana bamaze kwandura Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo, mu […]

AFC/M23 yamaganye raporo ya Human Rights Watch iyishinja ibyaha by’intambara

Ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko ritemeranya na raporo iherutse gusohorwa n’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, Human Rights Watch (HRW), riyishinja kubogama no kutagaragaza ishusho nyayo y’ibibera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 10 Kamena 2026, AFC/M23 yavuze ko iyo raporo yibanze cyane ku birego biyiregwa, ariko ikirengagiza […]

Inkindi Aisha yashyize umucyo ku by’urukundo yavuzwemo na M. Iréné watangaje ubukwe

Imyaka yari ibaye myinshi ku mbuga nkoranyambaga havugwa inkuru z’urukundo rwa Inkindi Aisha na Murindahabi Iréné wamamaye mu itangazamakuru nka M. Iréné, ariko uyu musore we yamaze gutangaza ubukwe n’undi mukobwa wo mu Bubiligi. Izi nkuru uretse kuba zarabaye nyinshi, zanakundaga gutizwa umurindi nuko ba nyirazo batigeze bazihakana ahubwo inshuro nyinshi iyo babaga bari mu […]

Umugambi uhuza u Bubiligi n’u Burundi wo guhungabanya u Rwanda

Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye aravuga ko hari umugambi bivugwa ko uhuza u Bubiligi n’u Burundi ugamije guhungabanya ubutegetsi bw’u Rwanda, aho bivugwa ko impande zombi zimaze igihe ziganira kuri uwo mushinga. Amakuru atangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye avuga ko i Bruxelles ngo habaye ibiganiro n’ubuyobozi bw’u Burundi buyobowe na Evariste Ndayishimiye, hagamijwe gushaka uburyo bwo gukorana […]

Dore amatike ahenze cyane bitewe n’ihinduka ry’Ibiciro by’ingendo mu Rwanda

Urwego Ngenzuramikorere mu Rwanda (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’ingendo mu modoka zitwara abagenzi, mu buryo bwa rusange nyuma yuko Intambara iri kubera muburasurazuba bwo hagati yakomye mu nkora kuboneka kw’ibikomoka kuri peteroli. Iri hinduka rije rikurikira izamuka rikomeye ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli, aho ku nshuro ya mbere mu mateka y’u Rwanda, lisansi na mazutu byarenze […]

RIB yatanze impanuro ku mikoreshereze y’ikoranabuhanga muri UR Huye

Kuri uyu wa gatatu, urwego rw’ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB) rwatanze ikiganiro cyihariye ku banyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye, kigamije kubakangurira gusobanukirwa isi nshya batuyemo ya “Internet” n’ibyaha biyikorerwamo. Mu kiganiro Ygiranye n’abanyeshuri ndetse n’abayobozi muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, Dr. Murangira B. Thierry yagaragaje ko abakoresha ikoranabuhanga bose bamaze guhinduka […]