Umutoza wa Pep Guardiola yagaragaye asezera ku bafana, mu gihe hakiri urujijo ku hazaza he muri Manchester City nyuma y’umukino batsinzemo 3-0 Crystal Palace.
Nubwo City yitwaye neza, biri kugaragara ko igikombe kiri hafi kuguma mubiganza bya Arsenal. Mu mukino, abafana ba Crystal Palace baririmbye bati: “Uwa kabiri na none!” amagambo yababaje cyane abafana ba Manchester City.
Nyuma y’uyumukino dore ibibazo Pep yabajijwe numunyamakuru: None se, Guardiola, ubona amahirwe yawe ate? Ese hari indi mpinduka ya nyuma ishobora kuba? Ese Arsenal ishobora kwikora mu jisho igatakaza igikombe cya Premier League cya 2025-26?
Manchester City yakoze akazi kayo itsinda Crystal Palace ibitego 3-0. Abafana baririmbye indirimbo izwi cyane igira iti: “Tuzarwana kugeza ku ndunduro”, nubwo itaririmbwe nko mu myaka yashize.
Mu bihe bisanzwe, byari kuba bishoboka cyane. Ikinyuranyo hagati ya City na Arsenal ni amanota 2 gusa, buri kipe isigaje imikino 2. Niba City itsinze AFC Bournemouth, urugamba ruzakomereza ku munsi wa nyuma wa shampiyona.
Umukinnyi Phil Foden yavuze ati:
“Intego ni ugushyira Arsenal ku gitutu. Twabonye kenshi ko ibintu byinshi bishobora guhinduka ku munsi wa nyuma.”
Ariko ikibazo gikomeye kuri City ni uko imikino isigaye ya Arsenal isa n’iyoroheye. Arsenal izakina na Burnley FC yamaze kumanuka mu cyiciro cya kabiri, hanyuma isoze ihura na Crystal Palace izaba ifite umukino wa nyuma wa UEFA Conference League.
Guardiola ntiyagaragaje icyizere kinini. Yagize ati:
“Tugomba gutsinda kugira ngo tugumane icyizere. Ariko Bournemouth na Aston Villa si amakipe yoroshye.”
Mu mukino uheruka, bamwe mu bakinnyi bakomeye nka Erling Haaland, Jérémy Doku na Rayan Cherki batangiye ku ntebe y’abasimbura, mu rwego rwo kubika imbaraga ku mukino wa nyuma wa FA Cup Final bazahuramo na Chelsea FC.
Ibi byari bisanzwe byaririmbirwaga Arsenal, bayishinyagurira ko ihora iba iya kabiri. Ariko ubu byahindutse, bishyirwa kuri Manchester City.
