Kuri uyu wa Mbere tariki 18 Gicurasi 2026, myugariro akaba na kapiteni wa Real Madrid, Dani Carvajal, yatangaje ko agiye kuva muri iyi kipe ikomeye yo muri Espagne nyuma y’uko amasezerano ye azarangira mu mpeshyi ya 2026, nyuma y’imyaka 13 mu ikipe nkuru n’imyaka irenga 23 ari mu muryango wa Real Madrid kuva akiri muto kuri Stade Santiago Bernabéu.
Uyu mukinnyi w’imyaka 34, wanyuze mu ishuri ry’abato rya Real Madrid La Fábrica, azagenda ku buntu nyuma y’amasezerano ye azarangira ku itariki ya 30 Kamena 2026. Amakuru atandukanye yemeza ko ikipe yahisemo kutamwongerera amasezerano, icyemezo Carvajal yemeye nk’iherezo risanzwe ry’icyiciro cye muri iyi kipe.
Real Madrid yamaze no gusohora itangazo ryemeza uku kugenda, imushimira nk’ikimenyetso cy’indangagaciro z’iyi kipe ndetse n’uruhare runini yagize mu bihe byayo by’intsinzi zikomeye.
Carvajal amaze imyaka 13 ari umukinnyi w’ingenzi mu ikipe nkuru, aho yakinnye imikino igera kuri 448, anegukana ibikombe bikomeye bigera kuri 26, birimo:
- Ibikombe 6 bya UEFA Champions League
- Ibikombe bya La Liga
- N’ibindi bikombe byo mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga
Ni umwe mu bakinnyi ba nyuma bari basigaye mu gihe Real Madrid yiganjemo intsinzi zikomeye mu Champions League mukiragano k’imyaka ya 2010-2020. Kugenda kwe bisobanuye ko nta mukinnyi n’umwe uzaba usigaye mu batwaye ibikombe bitatu bya Champions League bikurikirana.
Iminsi ya nyuma muri Real Madrid, Carvajal yaranzwe n’imvune zagiye zigaruka, zirimo ikibazo gikomeye cy’ivi ndetse no kuvunika ikirenge vuba aha. Ibi byatumye adakina imikino myinshi.
Ku rundi ruhande, Trent Alexander-Arnold yinjiye muri Real Madrid avuye muri Liverpool mu mpeshyi ya 2025 byatumye aba umukinnyi ubanzamo naho Carvajal agasimbura byatumye uyumwesipanyol atishimira uyumwanzuro dore ko hari igikombe k’isi uyumwaka.
Nubwo Carvajal ari umunyabigwi wiyi kipe kandi akayiyobora, Real Madrid yahisemo kuvugurura ikipe.
Carvajal ntateganya guhagarika umupira w’amaguru, ahubwo arimo gusuzuma andimahitamo yo gukomeza gukina, yaba mu Burayi cyangwa ahandi ku isi.
Biteganyijwe ko azahabwa icyubahiro mu mukino wa nyuma Real Madrid izakiramo Athletic Bilbao kuri Bernabéu.
