Abakobwa ba UR Huye bateruye amacumbi hafi kuyasenya bishimira intsinzi ya Arsenal

author
0 minutes, 47 seconds Read

Abakobwa biga muri kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye bateruye inzu igeretse (Amacumbi) Abenshi bazi nka Benghazi benda kuyitura hasi nyuma yuko Arsenal yegukanye igikombe cya championa 2025-2026, nyuma y’imyaka 22 yari ishize iyi kipe idatwara iki gikombe

Umukino wahuje Manchester City na Bournemouth wabaye mu Ijoro ryo kuwa 19/05/2026 warangiye zose zinganyije 1-1 bituma igitutu cya Manchester City cyari kiri inyuma ya Arsenal gihinduka umuyonga Binahesha Arsenal gutwara Igikombe.

Arsenal yageze mu mikino ya nyuma igifite ikizere cy’igikombe, nyuma yo gutsinda Burnley 1-0 ku wa Mbere nimugoroba ku gitego cya Kai Havertz. Iyo ntsinzi yayishyize mu mwanya mwiza, isigara itegereje ko Man-City itakaza amanota.

Ubwo Bournemouth yafunguraga amazamu ku gitego cya Junior Kroupi, hanyuma igakomeza kwihagararaho, ibyishimo bikomeye byagaragaye muri Hostel zabakobwa bomuri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye.

Si muri UR-Huye gusa hagaragaye ibyishimo nkibi kuko hirya no hino ku isi abafana ba Arsenal baraye mumihanda bishimira ayamateka akomeye iyikipe yakoze.

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *