Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA ryemeje amakuru avuga ko APR FC itazitabira irushanwa rya super cup 2026, nyuma y’uko iyi kipe y’ingabo z’igihugu yanditse imeneyesha FERWAFA ko itazitabira iri rushwanwa kubera ryahinduriwe uburyo ryakinagwamo itamenyeshejwe.
Igikombe cya super cup cyari gisanzwe gihuza ikipe yabaye iya mbere muri shampiyona n’ikipe yatwaye igikombe cy’amahoro, nkuko bigaragazwa n’amabaruwa y’ubutumire amakipe yahawe kigomba guhatanirwa n’amakipe 4 ariyo APR FC, Rayon Sports, Police Fc na Kiyovu Sports.
Amabaruwa y’ubutumire aya makipe yahawe agaragaza ko kigomba kuba ku mataliki ya 22 na 28 Kanama 2026, aho APR FC yagombaga guhura na Kiyovu Sports naho Rayon Sports igahura na Police FC hanyuma izitsinze zigakina umukino wa nyuma.
APR FC yandikiye FERWAFA ivuga ko batazitabira icyi gikombe kuko hatabanje gukorwa ibiganiro ngo imenyeshwe impinduka ku buryo umukino wa Super Cup wahindutse uburyo wagombaga gukinwa. Amakuru avuga ko FERWAFA yamaze Kwemeza ko APR FC Itazitabira super cup 2026.
Ibi bibaye mu gihe hari hasanzwe ukutumvikana kw’ikipe ya APR FC n’ishyirahamwe ry’umupir w’amaguru mu Rwanda FERWAFA, aho iyi kipe igaragaza ko yakabaye yarahawe ibihembo by’abakinnyi n’abatoza bitwaye neza mu mwaka w’imikino wa 2025/2026.
Nyuma yo gutanga ibihembo ku bitwaye neza mu mwaka w’imikino, Umutoza wa APR FC n’ubuyobozi bagaragaje ko batanyuzwe no kuba hari ibihembo byahawe abakinnyi ba Al Hilal yo muri Soudan
