Umutingito ukomeye wibasiye Colombia, abarenga 100 barapfa

author
1 minute, 56 seconds Read

Abantu barenga 100 bamaze kwitaba Imana nyuma y’umutingito ukomeye wibasiye uburengerazuba bwa Colombia ku wa 10 Kanama 2026, ugasiga inyubako zasenyutse ndetse ibikorwa remezo bikangirika.

Uyu mutingito wavuzwe ko ari wo ukomeye cyane wibasiye Colombia muri iki kinyejana. Ibice bitandukanye by’igihugu byagize ingaruka, aho ibikorwa by’ubutabazi byahise bitangira gushakisha abantu bashobora kuba bakiri munsi y’ibisigazwa by’inyubako.

Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe ubushakashatsi ku miterere y’ubutaka, USGS, cyatangaje ko uyu mutingito wari ufite ubukana bwa 7,4, ukaba warabereye ku bujyakuzimu bwa kilometero 107.

Ikigo cya Colombia gishinzwe ibijyanye n’imiterere y’ubutaka na cyo cyemeje ko uyu mutingito ari wo ukomeye kurusha indi yabaye muri iki gihugu kuva mu ntangiriro z’ikinyejana cya 21.

Perezida wa Colombia, De La Espriella, yavuze ko Leta yashyize imbaraga nyinshi mu bikorwa byo gutabara no gushakisha abantu bagwiriwe n’inyubako.

Yagize ati Leta iri gushyira imbere kurengera ubuzima bw’abaturage, gufasha abahuye n’ingaruka z’umutingito no kugeza ubufasha bwihutirwa mu bice byibasiwe cyane.

Perezida De La Espriella yasuye Quibdo, umurwa mukuru w’Intara ya Choco, aho yagejeje ku baturage gahunda yo gufasha abantu batakaje amacumbi kubona amafaranga yo kwishyura ubukode.

Nyuma yaho yakomereje mu mujyi wa Cali, umwe mu mijyi minini ya Colombia.

Mu Ntara ya Valle del Cauca, irimo Cali, abayobozi batangaje ko abantu 35 bari bamaze gupfa, mu gihe abandi bagera kuri 700 bari bamaze gukomereka.

Nubwo imibare y’abapfuye mu gihugu hose yari itarashyirwa ahagaragara mu buryo bwuzuye, ibitangazamakuru byo muri Colombia byatangaje ko umubare w’abahitanywe n’uyu mutingito ushobora kuba umaze kugera ku 132.

Mu masaha y’ijoro, ibikorwa byo gutabara byakomeje mu bice bitandukanye byibasiwe. Abatabazi, abashinzwe umutekano ndetse n’abakorerabushake bakomeje gusaka ibisigazwa by’inyubako, bashaka kumenya niba hari abantu bakiri munsi yabyo.

Umutingito wanagize ingaruka ku nyubako zitandukanye, ibitaro n’ibindi bikorwa remezo, bituma abaturage benshi basigara badafite aho kuba.

Mu mijyi ya Cali, Armenia na Manizales hashyizweho amabwiriza abuza abantu kugenda mu mihanda mu masaha y’ijoro. Icyemezo cyafashwe nyuma y’uko hatangiye kugaragara ibikorwa by’ubujura mu bice bimwe.

Polisi n’ingabo byongerewe mu mihanda kugira ngo birinde umutekano w’abaturage n’ibintu byabo.

Perezida De La Espriella kandi yemeye ko muri Cali hazoherezwa abandi bashinzwe umutekano bagera ku 1,000, mu rwego rwo gukaza umutekano no gukumira ubujura mu gihe igihugu kigikomeje guhangana n’ingaruka z’uyu mutingito.

Umutingito ukomeye wibasiye Colombia, abarenga 100 barapfa.

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *