abadepite b'amerika batoye guhagarika intambara

Intambara ya Irani igiye guhagarikwa kubera itora ry’Abadepite

1 minute, 4 seconds Read

Nyuma yo gutora inshuro enye, byarangiye Abadepite ba Amerika bemeje ibitero bigabwa kuri Irani bihagarikwa.

Ibi byagezweho ubwo Abadepite bane bo mu Ishyaka ry’Abarepubulikani biyungaga Abademokarate, nk’uko tubikesha ikinyamakuru BBC, bituma iri tegeko ritsinda ku majwi 215 kuri 208 afatwa nk’ayemewe.

Abarepubulikani Thomas Masssie, Brian Fitzpatrick, Tom Barret na Warren Davidson nibo bahinduye uruhande bituma n’Umudemokarate Jared Golden yisubiraho amajwi yuzura atyo.

Iri tegeko ni irisaba Perezida Trump guhagarika ikoreshwa ry’intwaro mu minsi 60 no kugarura ingabo mu minsi 30.

Umudemokarate uhagarariye abandi mu Kanama Gashinzwe Ububanyi n’Amahanga Gregory Meek yatangaje ko iri torwa ryahuriweho n’abagize amashyaka yombi ari iryo guhagarika ibikorwa yise ibitanyuze kandi bitwara akayabo bya Perezida Trump kuri Irani.

Yanavuze ko ari ugutera indi ntambwe igana ku gusoza iyi ntambara yatangiye muri Gashyantare uyu mwaka ifatanije na Isiraheli. ibiyabitangaje aganira n’abitangazamakuru muri Amerika.

Byanatewe nuko Trump yananiwe kugera ku ntego z’iyi ntambara ahubwo bituma ibiciro by’ibikomoka kuri petelori bikomeza kwiyongera. Ndetse no kunanirwa ihagarikwa ry’intambara binyuze mu buryo bwa dipolomasi.

Izi ngamba zo guhagarika intambara zari zigiye kugerwaho mu kwezi gushize ubwo Abasenateri bari babisabye maze abo mu ishyaka ry’Abarepubulikani barabirwanya.

Ubu biteganyijwe ko Abasenateri bazongera gutora mu munsi iri imbere.

Gusa umwanzuro ntashidikanywaho ntiwahita wemezwa kuko Perezida Trump ashobora kuzabitesha agaciro nubwo Abasenateri babyemeza.

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *