José Mourinho yatangajwe kumugaragaro nk’umutoza mukuru wa Real Madrid

author
2 minutes, 13 seconds Read

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 18 Kanama 2026, ikipe ya Real Madrid yatangaje ku mugaragaro José Mourinho nk’umutoza mukuru wayo mushya mu muhango wabereye mu kigo cy’imyitozo cya Ciudad Real Madrid giherereye i Valdebebas. Uyu muhango wabaye mu ibanga rikomeye, nta banyamakuru bari bahari, ugaragaza itangira ry’igihe cya kabiri cy’uyu mutoza w’UmunyaPortugal muri iyi kipe nyuma y’imyaka irenga 13 ayivuyemo mu 2013.

Nubwo umuhango wo kumwerekana wabaye kuri uyu wa Kabiri, Mourinho yari yaratangiye gukorana n’abakinnyi kuva imyitozo yo kwitegura shampiyona yatangira hagati muri Nyakanga, nyuma y’uko muri Kamena yari yatangajwe nk’umutoza mushya wa Real Madrid. Yasinyanye amasezerano azageza ku wa 30 Kamena 2029.

Amasezerano yasinyiwe mu cyumba cy’inama cy’iyi kipe, imbere ya Perezida Florentino Pérez ndetse na José Martínez “Pirri”, Perezida w’icyubahiro wa Real Madrid. Amafoto yashyizwe ahagaragara n’iyi kipe yagaragaje Mourinho ari hafi y’ibikombe bya UEFA Champions League iyi kipe yegukanye, ibintu byerekana ibikomeye ategerejweho muri uru rugendo rushya.

Uyu muhango wabaye mu buryo butandukanye n’ubusanzwe, kuko nta kiganiro n’abanyamakuru cyabaye. Mourinho yahawe impano zirimo icyitegererezo cya Stade Santiago Bernabéu, isaha ndetse n’umwambaro wanditseho izina rye. Biteganyijwe kandi ko abakinnyi bashya bazerekanwa mu buryo nk’ubwo mu minsi iri imbere kugira ngo ikipe ikomeze kwitegura shampiyona itarangajwe n’ibindi bikorwa.

Mu butumwa bwatangajwe binyuze ku mbuga za Real Madrid, Mourinho yavuze ko kugaruka muri iyi kipe ari ibintu bimukoze ku mutima.

Yagize ati: “Ni nko gutaha. Mu by’amarangamutima, birandyoheye kurusha uko byari bimeze nkiri nje bwa mbere. Icyo gihe numvaga ngeze ku rwego rwo hejuru mu mupira w’amaguru, ariko ubu ni ibyishimo birimo amarangamutima menshi kandi biva ku mutima.”

Mu gihe cya mbere yatozaga Real Madrid hagati ya 2010 na 2013, Mourinho yegukanye igikombe cya La Liga, Copa del Rey ndetse na Super Coupe ya Espagne. Muri icyo gihe kandi, Real Madrid yanditse amateka yo gutsinda amanota menshi muri shampiyona ya Espagne.

Real Madrid yishyuye Benfica agera kuri miliyoni 15 z’amayero kugira ngo yongere kubona serivisi za Mourinho, nyuma y’uko Florentino Pérez yongeye gutorerwa kuyobora iyi kipe.

Mu myaka ibiri ishize, Real Madrid ntiyabashije gutwara igikombe gikomeye, ibintu byatumye abafana benshi bategerezanya amatsiko menshi igaruka ry’uyu mutoza uzwiho guhatana no gukunda gutsinda.

Kuri ubu, Real Madrid iri kwitegura umukino wa mbere wa shampiyona ya La Liga izakirwamo na Espanyol i Barcelona muri iyi mpera z’icyumweru. Abafana ku mbuga nkoranyambaga bagaragaje amarangamutima atandukanye, bamwe bagaragaza ibyishimo n’amatsiko, mu gihe abandi bagiye banatera urwenya ku buryo uyu muhango wabaye mu ibanga.

Nyuma y’uyu muhango, amaso yose arahanzwe ku kibuga, aho Mourinho agiye gutangira urugendo rushya rwo kongera gusubiza Real Madrid ku rwego rwo hejuru.

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *