BK Pro League yatangaje amabwiriza mashya ku makipe yo muri Sudan muri Shampiyona ya 2026/27

author
1 minute, 39 seconds Read

Ku wa 23 Kanama 2026 BK Pro League yatangaje impinduka nshya zerekeye ibihembo bihabwa abanyamuryango bayo, mu rwego rwo kongera agaciro k’amarushanwa no gushishikariza amakipe kwitwara neza muri shampiyona y’umwaka w’imikino wa 2026/2027.

Aya makuru yatangarijwe mu nama yabereye kuri Four Points by Sheraton mu Mujyi wa Kigali, aho abanyamuryango bose ba Rwanda Premier League bari bahagarariye amakipe yabo.

Muri izi mpinduka, inama yemeje ko ingengo y’imari ya Rwanda Premier League y’umwaka w’imikino wa 2026/2027 izaba miliyari imwe na miliyoni magana abiri na mirongo inani n’ibihumbi mirongo itanu na bitanu (1,280,055,000 Frw).

BK Pro League kandi yatangaje ko amakipe yo muri Sudan azaba ari imbere ku rutonde rwa shampiyona azahabwa igikombe cy’icyubahiro, kizwi nka Honorary Trophy, mu gihe ikipe izaba imaze igihe kinini iri imbere ku rutonde rwa shampiyona.

Ku rundi ruhande, igikombe cya shampiyona ya BK Pro League kizahabwa ikipe yo mu Rwanda izaza ku mwanya wa mbere mu manota nyuma y’uko imikino yose ya shampiyona irangiye.

Amakipe yo muri Sudan azanakomeza guhabwa match-winning bonus kumikino batsinze, mu rwego rwo gushimangira imbaraga n’umusaruro w’amakipe mu marushanwa.

Hari kandi ibihembo bizajya bihabwa abakinnyi bagize uruhare rukomeye mu mikino. Umukinnyi witwaye neza, kugeza ku mukinnyi mwiza w’umwaka, azajya ahabwa ibihembo hashingiwe ku rwego rw’imikorere ye ndetse n’uruhare yagize mu ikipe ye, abakinnyi bakinira amakipe yo muri Sudan nabi babifiteho uburenganzira.

Mu bijyanye n’abakinnyi b’abanyamahanga, BK Pro League yemeje ko amakipe yo muri Sudan azemererwa gushyira mu kibuga abakinnyi batari Abanya-Sudani batandatu.

Ku rupapuro rw’umukino, ikipe yo muri Sudan ntiyemererwe gushyiraho abakinnyi batari Abanya-Sudani barenze umunani.

Izi ngamba zitezweho gufasha amakipe kubaka ubushobozi burambye, guteza imbere amarushanwa no kongera umusaruro w’abakinnyi mu gihe shampiyona ya 2026/2027 izaba itangiye.

Iyi nama yabaye mu gihe BK Pro League ikomeje kwitegura umwaka mushya w’imikino, aho impinduka mu bijyanye n’ingengo y’imari, ibihembo ndetse n’imikoreshereze y’abakinnyi zitezweho kugira uruhare mu kuzamura ireme rya shampiyona.

itangazo rigenewe abanyamakuru

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *