Ingabo za Israel zatangaje ko zashyizeho icyo zise umurongo w’umuhondo mu majyepfo ya Liban, bavuga ko usa n’undi zisanzwe zikoresha muri Gaza.
Mu itangazo ryashyizwe hanze ku wa Gatandatu, Igisirikare cya Israel cyavuze ko mu masaha 24 yari ashize, abasirikare bacyo bakorera mu majyepfo y’uyu murongo babonye abantu cyise abarwanyi barenze ku masezerano y’agahenge, bakegera aho ingabo za Israel ziri mu buryo bwafatwaga nk’iterabwoba ryihuse.
Zagize ziti“Ingabo zacu zagaragaje abarwanyi barenze ku masezerano y’agahenge bakegera abasirikare bacu mu buryo bwari bubangamiye umutekano.”
Ni ubwa mbere Israel ikoresheje iri jambo rya umurongo w’umuhondo muri Liban, nyuma y’agahenge k’iminsi 10 hagati yayo na Liban katangiye ku wa Kane.
Uyu murongo usa n’uwashyizwe muri Gaza aho wagabanyijemo ibice bitandukanye, bimwe bigenzurwa n’ingabo za Israel, ahandi abaturage bakemererwa kugenda mu bwisanzure buke.
Kwamamaza uyu mwanzuro byateye impungenge bamwe mu bakurikiranira hafi ibibera muri aka karere. Umunyamakuru wa Al Jazeera, Nour Odeh, yavuze ko ibi bishobora kuba ari ugukoresha muri Liban uburyo Israel yakoresheje muri Gaza.
“Kwamamaza uyu murongo muri Liban bisa nko gukomeza gukoresha uburyo bwakoreshejwe muri Gaza mu majyepfo ya Liban.”
Nubwo hari agahenge, amakuru avuga ko Israel yakomeje kugaba ibitero mu majyepfo ya Liban, birimo kurasa ibisasu mu mijyi ya Beit Leif, Qantara na Touline, ndetse no gusenya amazu mu duce dutandukanye.
Igisirikare cya Israel cyavuze ko ibyo bikorwa biri mu rwego rwo kwirwanaho no gukumira ibyago byihuse.

