Aston Villa yegukanye igikombe cya Europa League nyuma yo gutsinda Freiburg 3-0 ku mukino wa nyuma

author
1 minute, 6 seconds Read

Byabereye Istanbul, tariki 20 Gicurasi 2026 aho Aston Villa yakoze amateka yegukana igikombe cya mbere cya UEFA Europa League nyuma yo gutsinda SC Freiburg ibitego 3-0 ku mukino wa nyuma wabereye kuri Beşiktaş Park. Hari hashize imyaka 44 itegereje igikombe cyo ku rwego rw’u Burayi ndetse n’imyaka 30 nta gikombe gikomeye yegukana.

Umukino watangiye Aston Villaigerageza gusatira, nuko Youri Tielemans afungura amazamu ku munota wa 41 atsinda igitego, nyuma y’umupira yari ahawe na Morgan Rogers. Mbere y’uko igice cya mbere kirangira, Emiliano Buendía yongeye gutsinda igitego cya kabiri, ku ishoti rikomeye.

Mu gice cya kabiri, ku munota wa 58, Morgan Rogers yatsinze igitego cya gatatu, ku mupira mwiza yari ahawe na Buendía, bituma abafana ba Aston Villa bari i Istanbul bishimira intsinzi.

Freiburg ntiyabashije guhangana, n’ubuhanga ndetse n’imikinire myiza ya Aston Villa, bityo umukino urangira ari 3-0.

Uyu mutoza wa Aston Villa, Unai Emery, yanditse amateka yo kwegukana Europa League ku nshuro ya gatanu, akaba ari we mutoza ufite iki gikombe inshuro nyinshi kurusha abandi. Yari yaragitwaye atoza Sevilla inshuro eshatu ndetse na Villarreal inshuro imwe.

Iyi ntsinzi yahise iha Aston Villa itike yo kuzakina UEFA Champions League y’umwaka utaha nubwo yari yarabigezeho muminsi ishize nyuma yo gutsinda Liverpool. Aston Villa yari imaze imyaka myinshi itagira igikombe gikomeye ku rwego rw’u Burayi kuko yaherukaga European Cup mu 1982.

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *