Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko abaturage bayo bakwiriye kwitwararika cyane mu ngendo zijya muri Uganda, bitewe n’ubwiyongere bw’impungenge z’icyorezo cya Ebola gikomeje kugaragara muri iki gihugu.
Iki cyemezo cyatangajwe ku wa 28 Gicurasi 2026, nyuma y’uko Ikigo cya Amerika gishinzwe gukumira no kurwanya indwara (CDC) gishyize Uganda ku rwego rwa kabiri mu bihugu bifite ibyago byo kwanduriramo Ebola.
Amerika yavuze ko abaturage bayo, cyane cyane abakora imirimo ya Leta, batagomba kujya mu bice byo mu Burasirazuba bwa Uganda bihana imbibi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho iki cyorezo gikomeje gukwirakwira. Hanashyizweho amabwiriza abuza gusura ibigo nderabuzima byo muri Uganda, mu rwego rwo kugabanya ibyago byo kwandura.
Mu rwego rwo gukaza ingamba zo gukumira iki cyorezo, Leta ya Uganda yahagaritse ibikorwa bihuza abantu benshi birimo ibitaramo, ibirori n’imyigaragambyo mu Mujyi wa Kampala no mu tundi duce dutuwe cyane. Hanafashwe icyemezo cyo gufunga imipaka imwe ihuza Uganda na RDC.
Imibare itangazwa n’inzego z’ubuzima igaragaza ko abantu umunani bamaze kwandura Ebola muri Uganda kuva iki cyorezo cyongera kugaragara, mu gihe umwe amaze guhitanwa na yo.
Ubwoko bwa Ebola buri kwibasira aka karere ni Bundibugyo virus, bwigeze kugaragara muri Uganda hagati ya 2007 na 2008, aho bwanduje abantu 149 bukica 37. Mu mwaka wa 2012 na bwo bwagaragaye mu gace ka Isiro muri RDC, bwanduza abantu 57, hapfa 29.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, World Health Organization, ryatangaje ko kongera kugaragara kwa Ebola muri Uganda na RDC bikomeje gutera impungenge ku rwego mpuzamahanga.
Umuyobozi Mukuru wa OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus, yavuze ko hakenewe ubufatanye bw’ibihugu n’imiryango mpuzamahanga mu guhangana n’iki cyorezo, ariko ashimangira ko gufunga imipaka atari bwo buryo bwonyine bwo kugikumira.

